BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu Rwanda > Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

admin
Last updated: December 8, 2025 11:31 am
admin
Share
SHARE

Mu bikorwa byo kurwanya ikora, ikwirikwiza n’ikoreshwa by’ibinyobwa bitemewe, Polisi ikorera mu Karere ka Musanze k’ubufatanye n’izindi nzego n’abaturage, bamennye litiro 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge.

Iki gikorwa cyabaye mu gitondo wo ku cyumweru mu midugudu ya Nyanama na Gakoro mu kagali ka Kivugiza, mu Murenge wa Muko ho mu Karere ka Musanze.

Ni ibikorwa byafatiwemo abantu bane (4) bagira uruhare mu kwenga no gukwirakwiza ibyo binyobwa bitujuje ubuziranenge.

Polisi y’u Rwanda ishishikariza abaturage kwirinda gukora no kunywa ibi binyobwa bihabwa amazina atandukanye (Muriture, Nzogejo, Tunuri, Muhenyina,…) kuko bigira ingaruka ku mutekano n’imibereho myiza y’abaturage.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, Inspector of Police (IP) Ignace Ngirabakunzi, avuga ko abakora bene ibi binyobwa bakomeza kugira inama yo kubireka, abinangiye bagafatwa, bakabibaza. Abaturage bashishishikarizwa gutanga amakuru y’aho bene ibyo binyobwa byenderwa kandi bakagirwa inama yo kwirinda kubinywa.

Ati “Ababyenga tubagira inama yo kubireka kandi Polisi izakomeza gufata abinangiye. Abaturage bagirwa inama yo kwirinda kunywa bene biriya binyobwa kuko byuje inenge bityo kubinywa bikaba bibangiriza ubuzima kandi bigahungabanya ituze rusange.

“Abantu bumve ko kunywa biriya binyobwa ari ukwishyira mu byago bityo babireke kandi batange amakuru y’aho byengerwa, ababikora babibazwe”

Benshi mu banywa ibinyobwa bitujuje ubuziranenge usanga aribo biganje mu bakora ibyaha ndetse no mu bahungabanya umutekano niyo mpamvu abaturage bashishishikarizwa kubigendera kure mbere y’uko bibagiraho ingaruka zaba iz’uburwayi cyangwa kwishora mu byaha.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

Abagaragaye bahondagura umukobwa mu muhanda batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha,RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abasore babiri bagaragaye mu…

Iburasirazuba: Mu mwaka inzoga zitujuje ubuziranenge zishe abantu 22

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu mwaka umwe mu Ntara y’Iburasirazuba inzoga…

Ngarambe Romeo yagizwe Umuyobozi Mukuru wa CMA

Ngarambe yatangiye izi nshingano mu gihe uru rwego rukomeje gushyira mu bikorwa…

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

RwandAir yasubitse ingendo zijya i Doha kubera intambara yo muri Iran

1 Min Read
Mu Rwanda

Akari ku mutima wa Gloria Mukamabano wasezeye kuri RBA

2 Min Read
Mu Rwanda

Tour du Rwanda: Impanuka ikomeye yahitanye abantu babiri abandi batandatu barakomereka

2 Min Read
Mu Rwanda

Minisiteri y’ikoranabuhanga n’Itumanaho yahakanye ibya ‘Monetisation’

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?