BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Amerika > Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

admin
Last updated: December 8, 2025 11:22 am
admin
Share
SHARE

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku butaka bwa Cambodia mu duce two ku mupaka, ndetse ibyo bitero byakurikiwe n’imirwano ikaze hagati y’impande zombi.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 08 Ukuboza, Igisirikare cya Thailand cyatangaje ko umusirikare umwe wabo yapfuye abandi batanu barakomereka, ndetse bikomeretsa abasivili batatu muri Cambodia.

Impande zombi zikomeje gushinjanya kuba nyirabayazana w’intambara ndetse itangazo ryashyizwe hanze n’Umuvugizi w’ingabo za Thailand, Maj Gen Winthai Suvari, yavuze ko bohereje indege z’intambara mu kirere kugira ngo zihagarike ibitero bya Cambodia, nyuma y’uko umusirikare wayo yiciwe mu Ntara ya Ubon Ratchathani.

Thailand yavuze ko abasirikare ba Cambodia ari bo batangiye bagaba ibitero nubwo Cambodia ibihakana yivuye inyuma.

Mu itangazo ryashyizwe ku rubuga rwa Facebook, Cambodia yavuze ko ingabo za Thailand ari zo zatangije ibitero mu rukerera, bigakurikirwa n’ibikorwa by’iterabwoba n’ubushotoranyi.

Ibi bitero bibaye nyuma y’umunsi habaye indi mirwano y’akanya gato mu gace ka Phu Pha Lek–Phlan Hin Paet Kon ko mu Ntara ya Sisaket, aho impande zombi zashinjanye gutangiza imirwano.

Icyo gihe Thailand yavuze ko amasasu yaturutse muri Cambodia yakomerekeje abasirikare bayo babiri bituma habaho kwihorera.

Ibi bitero bibaye bikurukira amasezerano y’amahoro yasinywe hagati y’impande zombi agizwemo uruhare na Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu kwezi k’Ukwakira, yasinywe nyuma y’imirwano ikaze yo muri Nyakanga yaguyemo abantu 48, abandi 300,000 bavanwa mu byayo.

Minisitiri w’Intebe wa Thailand, Anutin Charnvirakul, kuri uyu wa Mbere yavuze ko igihugu cye kitifuza imirwano, ariko ingabo ziteguye gufata ingamba ngo harindwe umutekano mu gihe na Cambodia yemeje ko nta mirwano ishaka.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Mu bikorwa byo kurwanya ikora, ikwirikwiza n'ikoreshwa by'ibinyobwa bitemewe, Polisi ikorera mu…

Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku…

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Amerika

Amerika yateguje imyigaragambyo ikomeye muri Tanzania

2 Min Read
Amerika

Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

2 Min Read
Amerika

Donald Trump yoherereje ibaruwa perezida wa Isiraheli amusaba kubabarira byimazeyo Benjamin Netanyahu 

1 Min Read
Amerika

Perezida wa Mexique yakumiriwe ku butaka bwa Peru

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?