BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Amerika > Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

admin
Last updated: December 8, 2025 11:22 am
admin
Share
SHARE

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku butaka bwa Cambodia mu duce two ku mupaka, ndetse ibyo bitero byakurikiwe n’imirwano ikaze hagati y’impande zombi.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 08 Ukuboza, Igisirikare cya Thailand cyatangaje ko umusirikare umwe wabo yapfuye abandi batanu barakomereka, ndetse bikomeretsa abasivili batatu muri Cambodia.

Impande zombi zikomeje gushinjanya kuba nyirabayazana w’intambara ndetse itangazo ryashyizwe hanze n’Umuvugizi w’ingabo za Thailand, Maj Gen Winthai Suvari, yavuze ko bohereje indege z’intambara mu kirere kugira ngo zihagarike ibitero bya Cambodia, nyuma y’uko umusirikare wayo yiciwe mu Ntara ya Ubon Ratchathani.

Thailand yavuze ko abasirikare ba Cambodia ari bo batangiye bagaba ibitero nubwo Cambodia ibihakana yivuye inyuma.

Mu itangazo ryashyizwe ku rubuga rwa Facebook, Cambodia yavuze ko ingabo za Thailand ari zo zatangije ibitero mu rukerera, bigakurikirwa n’ibikorwa by’iterabwoba n’ubushotoranyi.

Ibi bitero bibaye nyuma y’umunsi habaye indi mirwano y’akanya gato mu gace ka Phu Pha Lek–Phlan Hin Paet Kon ko mu Ntara ya Sisaket, aho impande zombi zashinjanye gutangiza imirwano.

Icyo gihe Thailand yavuze ko amasasu yaturutse muri Cambodia yakomerekeje abasirikare bayo babiri bituma habaho kwihorera.

Ibi bitero bibaye bikurukira amasezerano y’amahoro yasinywe hagati y’impande zombi agizwemo uruhare na Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu kwezi k’Ukwakira, yasinywe nyuma y’imirwano ikaze yo muri Nyakanga yaguyemo abantu 48, abandi 300,000 bavanwa mu byayo.

Minisitiri w’Intebe wa Thailand, Anutin Charnvirakul, kuri uyu wa Mbere yavuze ko igihugu cye kitifuza imirwano, ariko ingabo ziteguye gufata ingamba ngo harindwe umutekano mu gihe na Cambodia yemeje ko nta mirwano ishaka.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

Abagaragaye bahondagura umukobwa mu muhanda batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha,RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abasore babiri bagaragaye mu…

Iburasirazuba: Mu mwaka inzoga zitujuje ubuziranenge zishe abantu 22

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu mwaka umwe mu Ntara y’Iburasirazuba inzoga…

Ngarambe Romeo yagizwe Umuyobozi Mukuru wa CMA

Ngarambe yatangiye izi nshingano mu gihe uru rwego rukomeje gushyira mu bikorwa…

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Amerika

Israel yongeye kugaba ibitero muri Iran

3 Min Read
Amerika

Kenya yafunze ukekwaho kujyana abaturage bayo kurwanira u Burusiya

2 Min Read
Amerika

Trump yasabye Netflix kwirukana umwe mu bayobozi bayo, imutera utwatsi

1 Min Read
Amerika

Indege 50 za Amerika zerekeje mu Burasirazuba bwo Hagati hakekwa intambara ikomeye

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?