Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu na Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, bashobora kuburanishwa badahari ku byaha bifitanye isano n’intambara ibihugu byabo birimo.
Aba bayobozi bombi bashyiriweho impapuro zisaba ko batabwa muri yombi. Bashinjwa ibyaha bifitanye isano n’intambara ibihugu byabo birimo yaba muri Gaza cyangwa muri Ukraine.
Umushinjacyaha Mukuru wungirije wa ICC, Mandiaye Niang, yavuze ko bishoboka ko Netanyahu cyangwa Putin buri umwe yazaburanishwa nubwo yaba atari mu rukiko.
Ati “Twarabigererageje ku kirego cya Kony. Ni ibintu bigoye. Ariko twarabigerageje tubona ko bishoboka kandi ari ingenzi.”
Niang yavugaga agaruka ku gikorwa cyo kwemeza ibyaha Joseph Kony ashinjwa cyabaye muri uyu mwaka adahari.
ICC ishinja Putin gushora abana mu ntambara, abana bo mu bice u Burusiya bwigaruriye muri Ukraine. Netanyahu we ashinjwa ibyaha by’intambara bishingiye ku kwicisha inzara abantu nk’uburyo bwo kugera ku ntsinzi mu ntambara, ibyaha byibasira ikiremwamuntu n’ibindi byakozwe hagati y’itariki 8 Ukwakira 2023 na 20 Gicurasi 2024.
