BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

admin
Last updated: December 6, 2025 4:18 pm
admin
Share
SHARE

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu na Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, bashobora kuburanishwa badahari ku byaha bifitanye isano n’intambara ibihugu byabo birimo.

Aba bayobozi bombi bashyiriweho impapuro zisaba ko batabwa muri yombi. Bashinjwa ibyaha bifitanye isano n’intambara ibihugu byabo birimo yaba muri Gaza cyangwa muri Ukraine.

Umushinjacyaha Mukuru wungirije wa ICC, Mandiaye Niang, yavuze ko bishoboka ko Netanyahu cyangwa Putin buri umwe yazaburanishwa nubwo yaba atari mu rukiko.

Ati “Twarabigererageje ku kirego cya Kony. Ni ibintu bigoye. Ariko twarabigerageje tubona ko bishoboka kandi ari ingenzi.”

Niang yavugaga agaruka ku gikorwa cyo kwemeza ibyaha Joseph Kony ashinjwa cyabaye muri uyu mwaka adahari.

ICC ishinja Putin gushora abana mu ntambara, abana bo mu bice u Burusiya bwigaruriye muri Ukraine. Netanyahu we ashinjwa ibyaha by’intambara bishingiye ku kwicisha inzara abantu nk’uburyo bwo kugera ku ntsinzi mu ntambara, ibyaha byibasira ikiremwamuntu n’ibindi byakozwe hagati y’itariki 8 Ukwakira 2023 na 20 Gicurasi 2024.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

Abagaragaye bahondagura umukobwa mu muhanda batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha,RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abasore babiri bagaragaye mu…

Iburasirazuba: Mu mwaka inzoga zitujuje ubuziranenge zishe abantu 22

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu mwaka umwe mu Ntara y’Iburasirazuba inzoga…

Ngarambe Romeo yagizwe Umuyobozi Mukuru wa CMA

Ngarambe yatangiye izi nshingano mu gihe uru rwego rukomeje gushyira mu bikorwa…

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

AFC/M23 yongeye kugaragaza ubugome ndenga kamere bwa FARDC

2 Min Read
Mu mahanga

Burusiya na Ukraine byahererekanyije imibiri y’abasirikare baguye ku rugamba

2 Min Read
Mu mahanga

Andi makuru mashya ku rupfu RWA Lt.Col Willy Ngoma 

1 Min Read
Mu mahanga

MASISI: FARDC irigamba kwisubiza Mahanga

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?