BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

admin
Last updated: December 6, 2025 12:55 pm
admin
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago ku Isi n’abafatanyabikorwa, mu ibirori byo gutombora uko amakipe y’Ibihugu 48 azakina Igikombe cy’Isi cya 2026 kizabera muri Canada, Mexique na Leta Zunze Ubumwe za Amerika harebwa uko azahura.

Ibi birori byabereye muri John F. Kennedy Center iherereye I Washington, D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa Gatanu, tariki ya 5 Ukuboza 2025.

Igikombe cy’Isi giteganyijwe kuba kuva ku wa 11 Kamena kugeza tariki 19 Nyakanga 2026.

U Rwanda ruri mu bihugu 8 bizakira imikino ya FIFA Series 2026 igamije guhuza amakipe y’ibihugu yo ku migabane atandukanye ku Isi mu bagabo n’abagore, aho bazaba bakina imikino ya gicuti.

Ndetse ibindi bihugu bizayakira birimo, Azerbaijan, Australia, Indonesia, Kazakhstan, Ibirwa bya Maurice, Puerto Rico na Uzbekistan. Ni mu gihe kandi iyo mu cyiciro cy’abagore kizaba kiri kuba bwa mbere izabera muri Brésil, Côte d’Ivoire na Thaïlande.

Perezida wa FIFA, Gianni Infantino mu bihe bisjize yari yatangaje ko iyi mikino yashyizweho mu rwego rwo guha agaciro amakipe yose, akaba yakwerekana ibyo ashoboye ku ruhando mpuzamahanga.

Yagize ati “FIFA igiye gufungura amarembo ku bakinnyi, abafana n’abatoza bashoboye binyuze muri iyi mikino yo ku rwego rw’Isi, ifite igisobanuro gikomeye. Ubu hazatangizwa n’icyiciro cy’abagore aho bizerekana ko bose bakwiriye gufatwa kimwe n’abagabo.”

Yakomeje agira ati “Guhuriza hamwe ibihugu binyuze mu irushanwa, FIFA iba ishaka gukomeza umukino mu buryo bw’impande zose kandi muri buri cyiciro, bityo ba bandi bari hasi na bo bakazamuka bakagera hejuru.”

Iyi mikino ni imwe muri gahunda za FIFA za 2023-2027, zikubiyemo kuzamura imikino ku rwego rw’Isi. Iteganyijwe hagati ya Werurwe na Mata 2026.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

Abagaragaye bahondagura umukobwa mu muhanda batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha,RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abasore babiri bagaragaye mu…

Iburasirazuba: Mu mwaka inzoga zitujuje ubuziranenge zishe abantu 22

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu mwaka umwe mu Ntara y’Iburasirazuba inzoga…

Ngarambe Romeo yagizwe Umuyobozi Mukuru wa CMA

Ngarambe yatangiye izi nshingano mu gihe uru rwego rukomeje gushyira mu bikorwa…

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
Imikino

Camarade ari mu mazi abira nyuma yo gutangariza perezida wa Gorilla FC

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?