BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu Rwanda > Kigali: Polisi yafashe umugabo ukekwaho kwiba moto y’umumotari

Kigali: Polisi yafashe umugabo ukekwaho kwiba moto y’umumotari

admin
Last updated: December 2, 2025 1:54 pm
admin
Share
SHARE

Polisi ikorera mu Karere ka Kicukiro, mu Murenge wa Masaka ivuga ko yafashe umugabo witwa Ndagijimana amaze kwiba moto aho yayisanze iparitse arayitwara.

Ndagijimana Felecien w’imyaka 45 y’amavuko, Polisi ivuga ko yacunze umumotari witwa Nsengiyumva Severien w’imyaka 24 aparitse moto, TVS 125 ku iguriro (Alimentation) riherereye mu Mudugudu wa Rebero, Akagali ka Gako agiye kugura icyo kurya, ahita ayisunika arayitwara.

Umumotari asohotse yashatse moto ye arayibura.

Polisi iviga ko byabaye mu masaha ya saa tanu z’ijoro (23h00), Nsengiyumva yahita atabaza inzego z’umutekano, zitangira ibikorwa byo gushakisha iyo moto.

Uriya ukekwaho ubujura, ngo yabonye inzego z’umutekano ari gusunika moto mu muhanda, ayikubita hasi ariruka. Ni bwo bamwirutseho baramufata.

Akimara gufatwa yemeye ko moto yari ayibye, iyo Moto isubizwa nyirayo, naho uwari uyibye afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Masaka.

Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali CIP Wellars GAHONZIRE yatangaje ko Polisi yahagurukiye abajura biba ibinyabiziga, cyane cyane moto zibwa abamotari, anakangurira abamotari kujya baparika ahantu hagaragara, hafite umutekano, kuko hari ubwo usanga umumotari aparika moto aho abonye akigira mu zindi gahunda, bityo bigaha icyuho umujura ushaka kuyiba.

CIP Gahonzire yasabye abamotari kujya bakorana n’inzego z’umutekano mu gutahura abanyabyaha, cyane cyane abajura, abacuruza ibiyobyabwenjye, ndetse n’abakora ibikorwa bihungubanya umutekano n’ituze by’abaturage.

Abamotari kandi barasabwa kujya bitondera bamwe mu bo batwara, kuko ngo hari igihe usanga bamwe ari abajura cyangwa inkozi z’ibibi, ugize amakenga ngo yahamagara Polisi, cyangwa izindi nzego z’umutekano zikabikurikirana.

Ati: “Abajura nibashake ibindi bakora.”

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu…

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hateganyijwe imvura…

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

Imbunzi z'Abarundi zari zimaze igihe mu gihugu cya Tanzania zigiye gusubizwa mu…

Trump yateguje ibitero bikaze kuri Iran

Perezida wa Amerika Donald Trump yatangaje ko Iran ishobora kugabwaho ibitero bikomeye…

Mu saha 100 intambara yo muri Iran yatwaye miliyali $3.7

Ni ukuvuga ko buri munsi nibura hakoreshwa miliyoni $891. Ni intambara iri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

MINEMA yasabye abatuye mu manegeka kwimuka kubera imvura nyinshi

3 Min Read
Mu Rwanda

Abatishimiye urwego rwa Mituweli bashyizwemo bahumurijwe

4 Min Read
Mu Rwanda

Abanyarwanda bari mu bihugu byugarijwe n’ibitero bya Iran baburiwe

2 Min Read
Mu Rwanda

U Rwanda rwageneye ubutumwa DRC yishimiye ibihano America yafatiye RDF

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?