BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Muyaya yise intambara yo mu Burasirazuba bwa RDC akantu gato ku gihugu

Muyaya yise intambara yo mu Burasirazuba bwa RDC akantu gato ku gihugu

admin
Last updated: November 27, 2025 2:18 pm
admin
Share
SHARE

Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya Katembwe, yatangaje ko intambara yo mu burasirazuba bwa RDC ari akantu gato ku gihugu.

Umutekano wo mu Burasirazuba bwa RDC umaze imyaka myinshi warashegeshwe n’intambara z’urudaca, cyane cyane iz’imitwe yitwaje intwaro ibarirwa mu magana.

Iki kibazo cyafashe intera ndende mu Ugushyingo 2021 ubwo abarwanyi b’Umutwe wa M23 bafataga intwaro, basobanura ko Perezida Félix Tshisekedi yanze kubahiriza isezerano bagiranye ryo kwifatanya mu kugarura amahoro.

Ku wa 26 Ugushyingo 2025, Muyaya yabwiye abanyamakuru ko kubera intambara yo mu burasirazuba, abantu batekereza ko igihugu cyose kirimo intambara kandi ari igice gito irimo.

Yagize ati: “Iyo bigeze ku mahoro, sinshaka koroshya kibazo turi guhura na cyo kubera ko twese kitugiraho ingaruka, ariko se ni ijanisha ringana iki kuri kilometero kare 2.345.410?”

Jules Alingete wahoze ari Umugenzuzi Mukuru w’Imari wa RDC, muri Mata 2022 na we yatangaje ko intambara yo mu Burasirazuba bwa RDC nta ngaruka zikomeye yagize ku gihugu kubera ko ibera kure ya Kinshasa, mu bikometero 2000.

Yabivuze mu gihe intambara yari ikomeje gufata intera muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, ingabo za RDC ziri gutsindwa buri uko habaye imirwano.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwageneye ubutumwa DRC yishimiye ibihano America yafatiye RDF

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo avuga ko ibihano bibogamye bifatirwa…

U Rwanda rwiteguye guhangana n’ingaruka z’intambara y’Amerika na Iran

Minisitiri w'Imari n'Ingenamigambi, Murangwa Yusuf, yatangaje ko hari ingamba Leta y'u Rwanda…

RED-Tabara yanyomoje Muyaya wavuze ko u Rwanda ari rwo rwayijyanye mu misozi miremire

Umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi, wanyomoje Minisitiri Patrick Muyaya wa…

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

Ingabo z’u Rwanda (Rwanbatt-1) ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani…

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

AFC/M23 yongeye kugaragaza ubugome ndenga kamere bwa FARDC

2 Min Read
Mu mahanga

Burusiya na Ukraine byahererekanyije imibiri y’abasirikare baguye ku rugamba

2 Min Read
Mu mahanga

Andi makuru mashya ku rupfu RWA Lt.Col Willy Ngoma 

1 Min Read
Mu mahanga

MASISI: FARDC irigamba kwisubiza Mahanga

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?