BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 5, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Ethiopia: Ikirunga cyarutse nyuma y’imyaka ibihumbi 12 gisinziriye 

Ethiopia: Ikirunga cyarutse nyuma y’imyaka ibihumbi 12 gisinziriye 

admin
Last updated: November 25, 2025 2:10 pm
admin
Share
SHARE

Ikirunga cyitwa Hayli Gubbi cyo muri Ethiopia cyarutse ku nshuro ya mbere nyuma y’imyaka ibihumbi 12 cyari kimaze gisinziriye.

Iki Ikirunga Hayli Gubbi giherereye mu karere ka Afar mu Majyaruguru y’Uburasirazuba bwa Ethiopie.

Ku Cyumweru ku wa 23 Ugushyingo 2025 nibwo iki kirunga cyari kimaze igihe kinini gisinziriye cyatangiye kuruka, kizamura imyotsi n’ivu mu kirere ku butumburuke bwa kilometero 14 bitwikira ibice bigikikije ndetse kinagira ingaruka ku bahinzi bari mu bikorwa byabo.

Umuyobozi wo muri ako gace, Mohammed, yatangarije AP ko nta bapfuye cyangwa abakomeretse baratangazwa, gusa avuga ko iri ruka ryateje ikibazo ku borozi b’amatungo kuko ivu ryatwikiriye ubwatsi bw’amatungo.

NASA yatangaje ko amashusho ya satellite yerekanye imyotsi yiganjemo ivu ryinshi ryazamukaga mu kirere rikambukiranya Inyanja Itukura.

Toulouse Volcanic Ash Advisory Center, yo yavuze ko iryo vu ryanyuze hejuru ya Yemen, Oman, rigera muri Pakistan no mu Buhinde.

Kubera ubwinshi bw’ivu n’imyotsi by’iki kirunga byatumye ingendo z’indege zisubikwa mu Buhinde.

Kompanyi y’indege ya Air India ibinyujije kuri X, yatangaje ko yahagaritse ingendo zimwe zo mu gihugu n’izindi mpuzamahanga kugira ngo ikore igenzura ry’umutekano ku ndege zanyuze mu bice bimwe nyuma y’iruka rya Hayli Gubbi.

Ikigo cy’iteganyagihe cy’u Buhinde (IMD) cyavuze ko iyi myotsi ishobora kugira ingaruka zikomeye kuko iri kugenda ku butumburuke bwo hejuru, yongeraho ko bishobora no kugera mu burasirazuba mu buryo bwihuse.

Iki kirunga giherereye mu bilometero 800 mu majyaruguru y’Uburasirazuba bwa Addis Ababa hafi y’umupaka wa Eritrea. Gifite ubutumburuke bwa metero 500.

Abashakashatsi bagaragaza ko hataramenyekana igihe cyaherukiraga kuruka, gusa bagashimangira ko hari hashize imyaka ibihumbi 12 gisinziriye.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Abatishimiye urwego rwa Mituweli bashyizwemo bahumurijwe

Urwego rw’Igihugu rw’Ubwiteganyirize (RSSB) rurahumuriza abavuga ko bisanze mu rwego rwo kwishyura…

Abagororwa 1874 bemerewe gufungurwa by’agateganyo.  

Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Werurwe 2026, iyobowe…

Kigali: Umugabo ucuruza urumogi yafatanywe udupfunyika 1000 twarwo

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU), rikorera mu Mujyi wa Kigali,…

Ishyingurwa rya Khamenei ryasubitswe

Amakuru atangazwa n’itangazamakuru rya leta muri Iran aravuga ko umuhango wo gushyingura…

Abanyarwanda bari mu bihugu byugarijwe n’ibitero bya Iran baburiwe

Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) yatangaje ko Abanyarwanda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

AFC/M23 yongeye kugaragaza ubugome ndenga kamere bwa FARDC

2 Min Read
Mu mahanga

Burusiya na Ukraine byahererekanyije imibiri y’abasirikare baguye ku rugamba

2 Min Read
Mu mahanga

Andi makuru mashya ku rupfu RWA Lt.Col Willy Ngoma 

1 Min Read
Mu mahanga

MASISI: FARDC irigamba kwisubiza Mahanga

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?