BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu Rwanda > Abarundi barenga 100 bari bahungiye Rwanda batashye iwabo mu Burundi

Abarundi barenga 100 bari bahungiye Rwanda batashye iwabo mu Burundi

admin
Last updated: November 25, 2025 1:57 pm
admin
Share
SHARE

Impunzi z’Abarundi 115 zabaga mu Rwanda ziganjemo izabaga mu Nkambi ya Mahama, zatahutse mu Gihugu cyabo cy’u Burundi, zinyuze ku Mupaka wa Nemba mu Karere ka Bugesera.

Izi mpunzi zatahutse zigizwe n’imiryango 64 irimo 58 yabaga mu Nkambi ya Mahama mu Karere ka Kirehe, ndetse n’indi itandatu yabaga mu Mujyi wa Kigali.

Iyi miryango 58 yabaga mu Nkambi ya Mahama, igizwe n’abantu 107; mu gihe iriya itandatu yabaga mu Mujyi wa Kigali igizwe n’abantu umunani.
Uko ari abantu 115, batahutse mu Gihugu cyabo cy’u Burundi kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Ugushyingo 2025, aho aba Barundi batashye ku bushake bwabo.

Aba batashye kandi, biganjemo abari mu kigero cy’imyaka iri hagati ya 18 na 59, aho abo muri iki cyiciro ari 58, bakabamo abandi 18 b’abana bari hagati y’imyaka 0 n’ine, abari hagati y’imyaka itanu na 11 bakaba ari 15, abari hagati y’imyaka 12 na 17 bakaba ari batanu, mu gihe abari hejuru y’imyaka 60 ari batandatu.
Kuva ku wa 27 Kanama 2020, hamaze gutahuka impunzi z’Abarundi zingana na 30 907, zatashye mu Gihugu cyabo zivuye mu Rwanda, mu gihe impunzi z’Abarundi izigicumbikiwe muri iki Gihugu cy’igituranyi [u Rwanda] ari 52 862, ziganjemo izicumbikiwe mu Nkambi ya Mahama irimo Abarundi 42 421, mu gihe abandi batuye mu mijyi itandukanye mu Rwanda.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu…

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hateganyijwe imvura…

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

Imbunzi z'Abarundi zari zimaze igihe mu gihugu cya Tanzania zigiye gusubizwa mu…

Trump yateguje ibitero bikaze kuri Iran

Perezida wa Amerika Donald Trump yatangaje ko Iran ishobora kugabwaho ibitero bikomeye…

Mu saha 100 intambara yo muri Iran yatwaye miliyali $3.7

Ni ukuvuga ko buri munsi nibura hakoreshwa miliyoni $891. Ni intambara iri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

MINEMA yasabye abatuye mu manegeka kwimuka kubera imvura nyinshi

3 Min Read
Mu Rwanda

Abatishimiye urwego rwa Mituweli bashyizwemo bahumurijwe

4 Min Read
Mu Rwanda

Abanyarwanda bari mu bihugu byugarijwe n’ibitero bya Iran baburiwe

2 Min Read
Mu Rwanda

U Rwanda rwageneye ubutumwa DRC yishimiye ibihano America yafatiye RDF

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?