BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Nov 4, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda gushaka kwiyomekaho Uburasirazuba bw’igihugu cye

Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda gushaka kwiyomekaho Uburasirazuba bw’igihugu cye

admin
Last updated: November 3, 2025 9:08 am
admin
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi, Félix Antoine Tshisekedi, yongeye gukora u Rwanda mu jisho avuga  ko u Rwanda rufite umugambi wo kwiyomekaho ibice by’Uburasirazuba  bw’igihugu cye.

Ni amagambo Tshisekedi yagarutseho mu kiganiro yagiranye na diaspora y’Abanye-Congo iba mu Misiri, cyabereye i Cairo ku wa Gatandatu tariki 1 Ugushyingo 2025.

Yabwiye aba baturage be ko u Rwanda na Perezida Kagame bafite Umugambi wo gucamo ibice Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, igice cy’Uburasirazuba kikomekwa k’u Rwanda.

Ati “Intego ye ni ugucamo igihugu cyacu ibice no kucyigarurira, ndetse akaba yakwiyomekaho igice cy’iburasirazuba, gifite ubutaka bukize ku mabuye y’agaciro no mu bijyanye n’ubuhinzi.”

Nubwo Tshisekedi avuga ibi ni kenshi u Rwanda rwagiye rugaragaza ko nta mugambi rufite wo gusahura Congo cyangwa kwiyomekaho ibice byayo.

Muri Werurwe 2025, Perezida Paul Kagame yashimangiye ko umutekano w’u Rwanda ari cyo kintu cya mbere kirushishakaje, aho kuba umutungo kamere wa RDC.

Mu kiganiro Umukuru w’Igihugu yagiranye na Marioo Nawfall, yavuze ko u Rwanda rutari mu bihugu biza imbere mu kungukira mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro ya RDC.

Ati “Uramutse urebye ku rutonde rw’amagana y’ibyo bigo biri aho ari ho hose kuva mu Bushinwa, mu Burayi, Amerika, Canada n’ibindi barimo na twe bo mu Karere, barajwe ishinga n’amabuye y’agaciro yo muri Congo, u Rwanda rwaza ku mwanya wa 100, rwaza ku mpera.”

Perezida Kagame yongeye kwibutsa ko ikibazo gihari kitari amabuye y’agaciro, ahubwo ari ikijyanye n’umutekano, ko bidashoboka ko u Rwanda rwaba rutizeye umutekano warwo mu gihe kirekire, ngo rutekereze iby’amabuye y’agaciro muri iki kibazo. Ati “Icyo cyaba ikintu cya nyuma mu byo twatekerezaho.”

Ikindi kinyoma Perezida Tshisekedi yongeye gukwirakwiza ni icy’uko Perezida Kagame ariwe watumye ibiganiro bya Luanda bitagera ku musaruro ngo kuko yanze kwitabira umuhango wo gusinya amasezerano.

Muri Mutarama 2025, Perezida Kagame yavuze ko yahagaritse kujya muri iyi nama kuko yabonaga harimo imyitwarire itaboneye ya RDC.

Tshisekedi yongeye kumvikana mu mvugo zibasira u Rwanda, mu gihe ibihugu byombi byashyize umukono ku masezerano y’amahoro, ibituma hibazwa ku bashake afite mu kuyashyira mu bikorwa.

Ni mu gihe kandi biteganyijwe ko we na Perezida Kagame bazahurira i Washington DC bakakirwa na Perezida Donald Trump, hagamijwe kwimakaza amahoro n’imikoranire mu by’ubukungu hagati y’ibi bihugu.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Barushimusi b’amahembe y’inzovu bacakiwe batarayagurisha ku mugabane wa Asia

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho gucuruza amahembe…

Trump yahamije ko iminsi ya Maduro iri kubarirwa ku ntoki

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko adatekereza…

Samia Suluhu agiye kurahirira kongera kuyobora Tanzania

Kuri uyu wa 3 Ugushyingo 2025 Perezida watorewe kuyobora Tanzania Samia Suluhu…

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

Umuhuzabikora w’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille…

Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda gushaka kwiyomekaho Uburasirazuba bw’igihugu cye

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi, Félix Antoine Tshisekedi, yongeye gukora u Rwanda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Babiri bapfiriye mu myigaragambyo ku mupaka wa Tanzania na Kenya

3 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Kongera gutsindira Manda ya munani kwa Paul Biya byateje imvururu zahitanye ubuzima bw’abatari bake

2 Min Read
Mu mahanga

Uwari Minisitiri w’Intebe muri Mali yakatiwe imyaka ibiri kubera ibyo yanditse ku mbuga nkoranyambaga

2 Min Read
Mu mahanga

Ntitwakwemera gukubitwa  urushyi ngo dutege undi musaya- Gen Ekenge  

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?