BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > El Ahli S.C Wad Madani yaritegerejwe mu Rwanda ntikije 

El Ahli S.C Wad Madani yaritegerejwe mu Rwanda ntikije 

admin
Last updated: October 30, 2025 10:16 am
admin
Share
SHARE

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryatangaje ko ikipe ya El Ahli S.C Wad Madani yo muri Sudani, yari iherutse gusaba kwitabira Shampiyona ya Rwanda Premier League 2025–2026, itazayitabira uyu mwaka kubera impamvu zayo bwite.

Ni nyuma y’iminsi itatu gusa FERWAFA n’inzego zishinzwe imicungire y’imikino mu Rwanda zari zatangaje ko hari amakipe atatu yo muri Sudani yemerewe kwitabira shampiyona y’u Rwanda.

Ayo makipe ari yo El Hilal, El Merreick na Al Ahli Wad Madani, yari yahawe uburenganzira bwo gukina muri shampiyona y’u Rwanda, mu rwego rwo kubafasha gukomeza ibikorwa byabo nyuma y’ihungabana rya shampiyona yabo yo muri Sudani.

Umunyamabanga Mukuru w’Agateganyo wa FERWAFA, Mugisha Richard, yari yatangaje ko aya makipe azagera mu Rwanda mu mpera z’iki cyumweru kugira ngo atangire imyiteguro yo kwinjira muri shampiyona.

Yatangaje ko nyuma y’ibiganiro by’imbere mu ikipe, El Ahli Wad Madani yanditse ibaruwa isaba gukurwa muri gahunda yo gukina muri Shampiyona y’u Rwanda, ishimangira ko hari impamvu zayo bwite zitayemerera gukomeza uwo mushinga.

Ibi bivuze ko muri ayo makipe atatu yo muri Sudani, hasigaye El Hilal na El Merreick, zitezwe mu Rwanda mu minsi mike iri imbere kugira ngo zitangire gukina imikino ya Shampiyona y’umwaka w’imikino wa 2025–2026.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

Ibiciro byazamutseho 9,2% muri Gashyantare

Muri Gashyantare 2026 ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 9,2% ugereranyije na Gashyantare 2025.…

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu…

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hateganyijwe imvura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?