BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jan 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > El Ahli S.C Wad Madani yaritegerejwe mu Rwanda ntikije 

El Ahli S.C Wad Madani yaritegerejwe mu Rwanda ntikije 

admin
Last updated: October 30, 2025 10:16 am
admin
Share
SHARE

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryatangaje ko ikipe ya El Ahli S.C Wad Madani yo muri Sudani, yari iherutse gusaba kwitabira Shampiyona ya Rwanda Premier League 2025–2026, itazayitabira uyu mwaka kubera impamvu zayo bwite.

Ni nyuma y’iminsi itatu gusa FERWAFA n’inzego zishinzwe imicungire y’imikino mu Rwanda zari zatangaje ko hari amakipe atatu yo muri Sudani yemerewe kwitabira shampiyona y’u Rwanda.

Ayo makipe ari yo El Hilal, El Merreick na Al Ahli Wad Madani, yari yahawe uburenganzira bwo gukina muri shampiyona y’u Rwanda, mu rwego rwo kubafasha gukomeza ibikorwa byabo nyuma y’ihungabana rya shampiyona yabo yo muri Sudani.

Umunyamabanga Mukuru w’Agateganyo wa FERWAFA, Mugisha Richard, yari yatangaje ko aya makipe azagera mu Rwanda mu mpera z’iki cyumweru kugira ngo atangire imyiteguro yo kwinjira muri shampiyona.

Yatangaje ko nyuma y’ibiganiro by’imbere mu ikipe, El Ahli Wad Madani yanditse ibaruwa isaba gukurwa muri gahunda yo gukina muri Shampiyona y’u Rwanda, ishimangira ko hari impamvu zayo bwite zitayemerera gukomeza uwo mushinga.

Ibi bivuze ko muri ayo makipe atatu yo muri Sudani, hasigaye El Hilal na El Merreick, zitezwe mu Rwanda mu minsi mike iri imbere kugira ngo zitangire gukina imikino ya Shampiyona y’umwaka w’imikino wa 2025–2026.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umwaka wa 2025 waciye agahigo mu bushyuhe bukabije

Abashakashatsi ku mihindagurikire y’ibihe bemeje ko umwaka wa 2025 waciye agahigo ko…

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

Perezida Kagame yakiriye impapuro zemerera ba ambasaderi babiri bashya guhagararira ibihugu byabo…

U Rwanda rwoherereje Jamaica abasirikare bo kuyifasha gusana ibyangijwe n’ibiza 

Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’abasirikare bazafasha iki gihugu gusana ibikorwaremezo byangijwe…

Uganda: Imyiteguro y’amatora irarimbanyije, umutekano wakajijwe mu mijyi yose

Iminsi irabarirwa ku ntoki muri Uganda mbere y’amatora rusange yo ku itariki…

Perezida Tshisekedi yasuye Gnassingbé

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, yagiriye uruzinduko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

CAN 2025: Maroc na Senegal zabonye itike ya ½ 

4 Min Read
Imikino

Bugesera FC yongeye gukora mu nkovu Rayon Sports FC

2 Min Read
Imikino

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

2 Min Read
Imikino

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?