BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Nov 4, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Perezida Museveni yahaye impozamarira abagizweho ingaruka n’impanuka yahitanye 63

Perezida Museveni yahaye impozamarira abagizweho ingaruka n’impanuka yahitanye 63

admin
Last updated: October 22, 2025 3:31 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Yoweri Museveni yihanganishije imiryango yaburiye abantu mu mpanuka ikomeye yo mu muhanda yaguyemo abantu mirongo, yavuze ko buri muryango wapfushije umuntu uhabwa miliyoni 5 z’amashilingi ya Uganda (UgShs), naho uwakomeretse ukagenerwa miliyoni imwe.

Yagize ati: “Numvanye akababaro ibijyanye n’impanuka ibabaje yabaye mu gitondo ku muhanda Kampala – Gulu igahitana ubuzima bw’abantu. Nihanganishije imiryango iri mu gahinda, kandi nifurije gukira vuba abakomeretse.”

Perezida Museveni yavuze ko yasabye ababishinzwe mu Biro by’Umukuru w’Igihugu guha miliyoni 5 z’amashilingi ya Uganda buri muryango wapfushije umuntu, naho umuryango ufite umuntu wakomeretse ugahabwa miliyoni imwe.

Umukuru w’igihugu cya Uganda yavuze ko asaba abakoresha imihanda kwitonda kugira ngo hirindwe bene izi mpanuka.

Amakuru mashya yatangajwe na Polisi ya Uganda, avuga ko abantu ibitaro byemeje ko bapfuye ari 46 aho kuba 63 nk’uko byari byatangajwe mbere.

SP. Kananura Micheal Umuvugizi wa Polisi ya Uganda ishami ryo mu muhanda, mu itangazo yasohoye yavuze ko ibitaro byemeje ko abantu 46 ari bo bapfiriye mu mpanuka y’imodoka zagonganye ku muhanda Kampala-Gulu, mu gace ka Kitaleeba.

Ubwo hatangazwaga amakuru ya mbere, ngo hari abantu bari muri comma bitiranywa n’abapfuye, abandi bari bakomeretse cyane na bo ngo hari abari babazwe mu bapfuye.

Mu masaha y’igicuku mu ijoro ry’uyu wa Gatatu tariki 22 Ukwakira, 2025, imodoka enye zagonganye. Amakuru ya mbere avuga ko umushoferi wari utwaye bisi yo mu bwoko bwa Isuzu, ifite ibirango UBF 614, yavaga i Kampala agana i Gulu yagerageje guca ku ikamyo yo mu bwoko bwa Tata, nibwo indi bisi yavaga mu cyerekezo gitandukanye n’icy’iya mbere yahiye igongana n’iyo.

Abashoferi bagerageje kwirinda kugongana ariko igihe cyari cyarenze, bituma izindi modoka na zo zita ibyerekezo zimwe zirenga umuhanda.

Itangazo rya mbere rya Polisi rivuga ko abapolisi bahageze batabaye, abakomeretse bajyanwa ku Bitaro bya Kiryandongo no mu mavuriro ari hafi yaho.

Polisi ivuga ko igikomeje gukora iperereza ku cyateye impanuka, ikanasaba abakoresha imihanda kwitwararika.

Abarenga 60 ni bo bamaze kubarurwa ko baguye mu mpanuka ikomeye yabereye mu gace ka Kiryandongo

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Barushimusi b’amahembe y’inzovu bacakiwe batarayagurisha ku mugabane wa Asia

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho gucuruza amahembe…

Trump yahamije ko iminsi ya Maduro iri kubarirwa ku ntoki

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko adatekereza…

Samia Suluhu agiye kurahirira kongera kuyobora Tanzania

Kuri uyu wa 3 Ugushyingo 2025 Perezida watorewe kuyobora Tanzania Samia Suluhu…

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

Umuhuzabikora w’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille…

Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda gushaka kwiyomekaho Uburasirazuba bw’igihugu cye

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi, Félix Antoine Tshisekedi, yongeye gukora u Rwanda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Babiri bapfiriye mu myigaragambyo ku mupaka wa Tanzania na Kenya

3 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Kongera gutsindira Manda ya munani kwa Paul Biya byateje imvururu zahitanye ubuzima bw’abatari bake

2 Min Read
Mu mahanga

Uwari Minisitiri w’Intebe muri Mali yakatiwe imyaka ibiri kubera ibyo yanditse ku mbuga nkoranyambaga

2 Min Read
Mu mahanga

Ntitwakwemera gukubitwa  urushyi ngo dutege undi musaya- Gen Ekenge  

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?