BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Nov 4, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Umutekano > Rutshuru: Wazalendo zagabye ibitero ku birindiro bya AFC/M23 muri Tongo

Rutshuru: Wazalendo zagabye ibitero ku birindiro bya AFC/M23 muri Tongo

admin
Last updated: October 21, 2025 2:05 pm
admin
Share
SHARE

Abarwanyi b’imitwe yitwaje intwaro ifatanya n’ingabo za leta ya Kinshasa (FARDC) bivugwa ko  zagabye igitero ku birindiro bya AFC/M23 mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, itariki 21 Ukwakira, mu midugudu myinshi yo muri Gurupoma ya Tongo, Teritwari ya Rutshuru, muri Kivu y’Amajyaruguru.

Amakuru agera kuri Kivu Morning Post, avuga ko igitero cyibasiye ibirindiro bya Bungushu, mbere yo kwimukira ahitwa Kasuku. Urusaku rw’amasasu rwateje ubwoba mu baturage.

Umuturage w’ahitwa Kiyenji yakomeretse nyuma yo gufatwa n’isasu ryarashwe n’uruhande rutamenyekanye ruri mu mirwano.

Umu ijoro ryabanje, ibintu byinshi by’abaturage byari byasahuwe n’izo nyeshyamba bivugwa ko zanahohoteye abaturage bo muri Sheferi ya Bwito, bituma abaturage bakangarana.

“Twakanzwe n’imirwano hagati y’abantu bitwaje intwaro baje gutera ibirindiro ya gisirikare bya Bungushu mbere yo kwerekeza ku rugo rwa Kasuku. Byari biteye ubwoba. Umuturage wa Kiyenji yishwe. Ni abaturage bishyura igiciro. Ibintu birakomeye nubwo hari hagarutse agahenge,” uyu ni umwe mu baturage utifuje ko amazina ye atangazwa.

Zimwe mu nyeshyamba za Wazalendo zo mu mutwe wa CMC-FDP, ndetse n’abarwanyi ba FDLR bari mu bice byegereye aho, nko muri Pariki ya Virunga, zirashinjwa kuba inyuma y’ibitero biheruka biri kwibasira ibirindiro bya AFC/M23.

Ibi biraba nyuma y’iminsi micye AFC/M23 itangije ibitero byibasiye inyeshyamba za wazalendo na FDLR muri icyo gice cya Teritwari ya Rutshuru.

Biravugwa ko agahenge kaje kugaruka kandi ibikorwa bimwe birimo kugenda bisubukurwa

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Barushimusi b’amahembe y’inzovu bacakiwe batarayagurisha ku mugabane wa Asia

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho gucuruza amahembe…

Trump yahamije ko iminsi ya Maduro iri kubarirwa ku ntoki

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko adatekereza…

Samia Suluhu agiye kurahirira kongera kuyobora Tanzania

Kuri uyu wa 3 Ugushyingo 2025 Perezida watorewe kuyobora Tanzania Samia Suluhu…

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

Umuhuzabikora w’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille…

Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda gushaka kwiyomekaho Uburasirazuba bw’igihugu cye

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi, Félix Antoine Tshisekedi, yongeye gukora u Rwanda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Umutekano

Fizi: Imitwe ibiri ya Wazalendo yasubiranyemo bane bahasiga ubuzima

1 Min Read
Umutekano

Gen Tshiwewe na bagenzi be babiri baba birukanwe mu gisirikare cya RDC?

1 Min Read
Umutekano

DRC: FARDC yongeye kwica agahenge ikoresheje Drones muri Walikare na Masisi

1 Min Read
Umutekano

DRC :Abajura bitwaje intwaro bahanganye na polisi i Kinshasa 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?