BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Nov 4, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Museveni yategetse ko ibigo by’amashuri bitagira ibibuga bya siporo byimwa impushya

Museveni yategetse ko ibigo by’amashuri bitagira ibibuga bya siporo byimwa impushya

sam
Last updated: September 12, 2025 11:00 am
sam
Share
SHARE

Perezida wa Uganda,Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje ko nta shuri ryo mu gihugu cye rizahabwa uruhushya rwo gukora ritagira ibibuga by’imikino.

Yabigarutseho ubwo yakiraga ku meza abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’Umupira ‘Amaguru (Uganda Cranes), iherutse kwitabira Shampiyona Nyafurika ihuza abakina imbere mu bihugu byabo (CHAN 2024), imaze iminsi ibera muri Kenya, Tanzania na Uganda.

Ni icyemezo kijyanye no kwimakaza iterambere ry’umupira w’amaguru no kuzamura impano bihereye hasi mu mashuri.

Hishimirwaga intambwe Uganda Cranes yateye, yo kugera muri kimwe cya kane cya CHAN.

Ati “Nta kigo cy’ishuri gikwiriye kwemererwa gukora kitagira ahagenewe gukorera siporo. Ntabwo ibi bisaba amafaranga, ahubwo bijyanye na politiki no kwitegura neza.”

Museveni yavuze ko siporo igomba gutezwa imbere, na cyane ko Guverinoma iri gukora iyo bwabaga kugira ngo iteze imbere ibikorwaremezo bya siporo mu gihugu hose.

Ati “Guverinoma izakomeza kubako no kuvugurura ibikorwaremezo bya siporo mu gihugu hose nk’uko twabikoze i Namboole.”

Perezida Museveni yavugaga kuri Sitade ya Namboole iherutse kuvugururwa kugira ngo yakire imikino ya CHAN n’amarushanwa y’Igikombe cya Afurika (CAN).

Museveni yavuze ko ibyo bizajyana no kuzamura impano, asaba ko n’ibigo bitandukanye bigomba kubigiramo uruhare. Ati “Nka polisi n’igisirikare, tukabaha akazi n’amahirwe yo kwitoza bakajya no mu marushanwa.”

Yavuze ko ibyo bigomba gutangirira ku kwimakaza ubuzima bwiza, abantu bakabona indyo yuzuye kuko “umwana wagaburiwe neza ari we uvamo umukinnyi ufite imbaraga.”

Yeretse abakinnyi ba Uganda ko siporo ituma umuntu agira ikinyabupfura, gukorera hamwe n’ibindi bituma igihugu gitera imbere.

Uyu muyobozi yahiguye n’umuhigo yari yaremereye aba bakinnyi mu marushanwa bavuyemo. Yari yabemereye miliyoni 30 z’Amashilingi ya Uganda kuri buri mukino. Ibituma angana na miliyari 1,2 z’Amashilingi ya Uganda.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Barushimusi b’amahembe y’inzovu bacakiwe batarayagurisha ku mugabane wa Asia

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho gucuruza amahembe…

Trump yahamije ko iminsi ya Maduro iri kubarirwa ku ntoki

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko adatekereza…

Samia Suluhu agiye kurahirira kongera kuyobora Tanzania

Kuri uyu wa 3 Ugushyingo 2025 Perezida watorewe kuyobora Tanzania Samia Suluhu…

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

Umuhuzabikora w’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille…

Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda gushaka kwiyomekaho Uburasirazuba bw’igihugu cye

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi, Félix Antoine Tshisekedi, yongeye gukora u Rwanda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Babiri bapfiriye mu myigaragambyo ku mupaka wa Tanzania na Kenya

3 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Kongera gutsindira Manda ya munani kwa Paul Biya byateje imvururu zahitanye ubuzima bw’abatari bake

2 Min Read
Mu mahanga

Uwari Minisitiri w’Intebe muri Mali yakatiwe imyaka ibiri kubera ibyo yanditse ku mbuga nkoranyambaga

2 Min Read
Mu mahanga

Ntitwakwemera gukubitwa  urushyi ngo dutege undi musaya- Gen Ekenge  

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?