BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Sep 9, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu Rwanda > RIB yerekanye abiyise “ABAMENI” bacucuraga abaturage utwabo bakoresheje uburiganya

RIB yerekanye abiyise “ABAMENI” bacucuraga abaturage utwabo bakoresheje uburiganya

sam
Last updated: September 8, 2025 2:29 pm
sam
Share
SHARE

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwerekanye abantu 26 barimo abagabo 25 n’umugore bakekwaho ibyaha bitandukanye birimo kurema umutwe w’abagizi ba nabi, kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya n’ibindi.

Mu bihe bitandukanye aba bafatiwe mu Karere ka Rusizi mu Ntara y’Iburengerazuba.

Umuvugizi wa RIB Dr Thierry B Murangira, yavuze ko bafashwe bamaze kuriganya miliyoni 30 Frw.

Miliyoni 15 Frw muri zo zaragarujwe mu gihe miliyoni 10 Frw zafatiriwe mu mitungo yabo ku bufatanye na polisi y’igihugu ndetse n’abaturage.

RIB ivuga ko amafaranga yose yagarujwe agera kuri miliyoni 25.

Abagera kuri 80% bafite abana. Ni mu gihe abafashwe bari hagati y’imyaka 18 na 54.

Abafashwe bakurikiranyweho ibyaha birimo; gushyiraho umutwe w’abagizi ba nabi, kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, kwiyitirira umwirondoro, kudasobanura inkomoko y’umutungo n’icyaha cy’iyezandonke.

RIB yibukije abantu kugira amakenga no kwima amatwi ababahamagara biyitirira ibigo by’ibyitumanaho bakabasaba kugira imibare runaka bakanda kuri telefone zabo.

Yanaburiye kandi abafite imigambi yo kwishora muri ibi byaha kuyireka bagashaka imibereho mu buryo bukurikije amategeko.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

RIB yerekanye abiyise “ABAMENI” bacucuraga abaturage utwabo bakoresheje uburiganya

Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB) rwerekanye abantu 26 barimo abagabo 25 n'umugore bakekwaho ibyaha…

AFC/M23 yigaruriye imidugudu umunani muri Masisi

Amakuru avuga ko Abarwanyi b’ihuriro rya AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya…

Minisitiri w’Uburezi yasabye ababyeyi kudaterera iyo mu burezi bw’abana babo

Minisitiri w’Uburezi, Nsengimana Joseph, yasabye ababyeyi kudaterera iyo ngo bumve ko uburezi…

DRC yasabye MONUSCO kuguma muri iki gihugu 

Nyuma y'urugendo yagiriye i Beni ifatwa nk'umurwa mukuru wa Kivu y'Amajyaruguru ukoreramo…

Hamenyekanye imibare y’abamaze gupfira mu myigaragambyo ya Wazalendo yamagana Gen Gasita wa FARDC

Kuri uyu wa Gatandatu abantu benshi biganjemo abana n'abagore bo mu miryango…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

Ababyeyi basabwe kubahiriza gahunda y’ingendo z’abanyeshuri

2 Min Read
Mu Rwanda

Burera: Polisi yafatanye umugabo ibilo bisaga 200 by’insinga z’amashanyarazi

2 Min Read
Mu Rwanda

RRA yatanze miliyoni 464 Frw TVA ku baguzi basabye fagitire za EBM

3 Min Read
Mu Rwanda

Gatsibo: Abaturage bikusanyirije miliyoni 12 Frw zo gusana ibiro by’Akagari  

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?