BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Nov 4, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu Rwanda > Burera: Polisi yafatanye umugabo ibilo bisaga 200 by’insinga z’amashanyarazi

Burera: Polisi yafatanye umugabo ibilo bisaga 200 by’insinga z’amashanyarazi

sam
Last updated: September 4, 2025 3:06 pm
sam
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Burera yafashe umugabo wari ufite ibilo 250 by’insinga z’amashanyarazi, azerekeza mu gihugu cya Uganda ku mupaka wa Cyanika.

uwo mugabo yafatiwe mu Murenge wa Kagogo, Akagari ka Kayenzi, Umudugudu wa Rukoro.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, IP Ngirabakunzi Ignace, yagize ati: “Ni byo koko hafashwe umugabo waturutse mu Karere ka Musanze yerekeza ku mupaka wa Cyanika, birashoboka ko ziriya nsinga yari agiye kuzigurisha muri Uganda, yazanye n’imodoka imaze kumugeza Cyanika, yahise igenda ariko yahishe na plaque zayo. Dusaba abantu bose gukomeza kurinda ibikorwa remezo bagenda bagezwaho.”

Uwafatanywe insinga kugeza ubu afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Cyanika, ikorera mu Karere ka Burera, kugira ngo hakorwe iperereza.

Uyu mugabo aramutse ahamwe n’icyaha yahanwa hakurikijwe Itegeko N° 21/2011 ryo ku wa 23/06/2011 ryavuguruwe n’Itegeko N° 52/2018 mu ngingo ya 51 ivuga ko umuntu wangiza, asenya cyangwa aciye insinga cyangwa ibindi bikorwa remezo by’amashanyarazi, cyangwa agateza ko hari bihishwa cyangwa bikoreshwa mu buryo butemewe, akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo cy’imyaka itatu (3) kugeza ku myaka itanu (5), akanahanishwa ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda itari munsi ya miliyoni imwe (RWF 1,000,000) ndetse ntigere hejuru ya miliyoni eshanu (RWF 5,000,000) cyangwa kimwe muri ibyo bihano.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Barushimusi b’amahembe y’inzovu bacakiwe batarayagurisha ku mugabane wa Asia

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho gucuruza amahembe…

Trump yahamije ko iminsi ya Maduro iri kubarirwa ku ntoki

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko adatekereza…

Samia Suluhu agiye kurahirira kongera kuyobora Tanzania

Kuri uyu wa 3 Ugushyingo 2025 Perezida watorewe kuyobora Tanzania Samia Suluhu…

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

Umuhuzabikora w’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille…

Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda gushaka kwiyomekaho Uburasirazuba bw’igihugu cye

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi, Félix Antoine Tshisekedi, yongeye gukora u Rwanda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mozambique asuye Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mocímboa da Praia

2 Min Read
Mu Rwanda

U Rwanda rwakiriye abandi banyarwanda baturutse muri DRC barenga 300

1 Min Read
Mu Rwanda

Mu Rwanda hagiye kujya hapimwa ADN z’ibimera n’inyamaswa

3 Min Read
Mu Rwanda

Umurambo w’umusore w’i Rusizi wari waraheze mu Burundi wagejejwe mu Rwanda

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?