BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Aug 11, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu Rwanda > Polisi yarashe mu cyico abagabo babiri bakekwagaho ubwicanyi ubwo bageregezaga kuyirwanya

Polisi yarashe mu cyico abagabo babiri bakekwagaho ubwicanyi ubwo bageregezaga kuyirwanya

sam
Last updated: August 11, 2025 9:31 am
sam
Share
SHARE

Abagabo babiri bakekwagaho kwica abazamu barindaga idepo y’inzoga mu Karere ka Rwamagana, barashwe ubwo bari batangiye kurwanya Abapolisi, bashaka kubanigisha amapingu.

Aba bagabo bari baratawe muri yombi mu bantu bacyekwagaho  ubwicanyi n’ubujura mu mpera z’ukwa Karindwi hariya muri Rwamagana.

Ubu bwicanyi n’ubujura bwabereye mu Murenge wa Muyumbu, Akagali ka Nyarukombe mu Mudugudu wa Marembo, ubwo Mudaheranwa Venuste na Bizimana Mark, bombi bari abazamu b’ububiko bw’inzoga bicwaga.

Icyo gihe hibwe bimwe mu byari muri ubwo bubiko ndetse n’imashini zitanga inyemezabwishyu za EBM.

Nyuma inzego z’umutekano zafashe bamwe mu bakekwaga kugira uruhare muri ibyo byaha. Babiri muri bo bapfuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, ubwo barwanyaga inzego z’umutekano.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana, yabwiye UMUSEKE ko bariya bantu bari barafashwe mu bantu bacyekwa ko bakoze ubwicanyi n’ubujura mu mpera z’ukwa Karindwi hariya muri Rwamagana.

Ati “Bari bagiye kwerekana ibyo bibye aho babibitse, bimwe mu bicuruzwa bya Blarirwa n’amashini ya EBM bibye. Bagezeyo barwanya abapolisi bari babaherekeje, barabarasa.”

SP Hamdun Twizeyimana yavuze ko abantu bose bafite ibikorwa binyuranye n’amategeko cyangwa by’ubujura bakwiye kubireka kubera ko amategeko azabibahanira.

Ati “Kandi ntabwo inzego z’umutekano n’abaturage tuzareka kubafata ngo tubashyikirize inzego zibishinzwe mu gihe bakoze ibyo byaha.”

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Abanyamakuru batanu ba Al Jazeera baguye mu bitero by’indege z’igisirikare cya Israel 

Igitangazamakuru cya Al Jazeera cyatangaje ko abanyamakuru bacyo batanu bahitanwe n'ibitero by'indege…

Mali: Abasirikare benshi barimo Général bafungiwe umugambi wo guhirika ubutegetsi 

Igisirikare cya Mali cyataye muri yombi abasirikare bagera kuri 20 barimo Général,…

Ituri : Abasaga 10 000 bifuza gusubira mu byabo bagakumirwa n’ibyihebe bya ADF

Impuzi zisaga ibhumbi 10 (10 000) zataye ingo zabo mu burasirazuba bwa…

Polisi yarashe mu cyico abagabo babiri bakekwagaho ubwicanyi ubwo bageregezaga kuyirwanya

Abagabo babiri bakekwagaho kwica abazamu barindaga idepo y'inzoga mu Karere ka Rwamagana,…

Uganda: Urukiko rwateye utwatsi icyifuzo cya Besigye cyo gufungurwa by’agateganyo

Umucamanza wo muri Uganda yateye utwatsi icyifuzo cya Dr. Kiiza Besigye cyo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

Kigali: Abantu 10 batawe muri yombi bakekwaho ibirimo gutobora inzu z’abaturage bakiba

2 Min Read
Mu Rwanda

Umugabo w’i Rusizi yafatanywe urumogi yarwihambiriyeho arenzaho imyenda

3 Min Read
Mu Rwanda

Zimbabwe yashimiye Perezida Kagame wayisabiye gukurirwaho ibihano

4 Min Read
Mu Rwanda

Gen. Mubarakh Muganga, yakiriye intumwa za gisirikare zo muri Sri Lanka

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?