BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Nov 4, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Amerika > Perezida Zelensky yamaganye gahunda yo guhura kwa Trump na Putin bahanganye

Perezida Zelensky yamaganye gahunda yo guhura kwa Trump na Putin bahanganye

sam
Last updated: August 9, 2025 12:21 pm
sam
Share
SHARE

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yamaganye ibiganiro by’imbonankubone bizahuza Donald Trump na mugenzi we w’u Burusiya, Vladimir Putin bijyanye no guhagarika intambara iri kubera mu gihugu ayoboye.

Ibyo guhura kwabo byari bimaze iminsi mike bitangajwe ariko hatazwi itariki bazahuriraho ndetse n’aho bazahurira.

Nyuma Trump anyuze ku mbuga nkoranyambaga, yavuze ko azahura na mugenzi we ku wa 15 Kanama 2025, ndetse Ibiro bya Perezida w’u Burusiya birabishimangira. Abakuru b’ibihugu bombi bazahurira muri Leta ya Alaska.

Ku wa 09 Kanama 2025 Zelensky yavuze ko ibiganiro biheza Ukraine nta musaruro ufatika bizageraho.

Abinyujije kuri Télégramme, Zelensky yavuze ko ubusugire bw’igihugu bugenwa ndetse bugahabwa agaciro n’Itegeko Nshinga ryacyo. Yavuze ko ibiganiro bigamije amahoro bireba Ukraine, kuba ab’i Kyiv babigiramo uruhare ari ihame ndakuka.

Ati “Ntabwo Ukraine izigera ihembera u Burusiya ibyo bwakoze. Ntabwo Abanya-Ukraine bazigera na rimwe baha ubutaka bwabo uwabwigabije. Ibiganiro byose biheza Ukraine ntabwo bigamije kugarura amahoro. Nta kintu na kimwe bizageraho, ibyemezo byavamo byose nta cyo bizakora.”

Putin na Trump bagiye guhura nyuma y’aho Steve Witkoff usanzwe ari intumwa ya Trump ahuye na Perezida w’u Burusiya ku wa 06 Kanama 2025, mu biganiro byabereye i Moscow na none bigamije guhagarika intambara, ndetse bikagaragazwa ko byagenze neza.

Uku guhura gutangajwe nyuma y’igihe gito Trump atangaje ko Ukraine igomba kuzibukira bimwe mu bice yita ibyayo byigaruriwe n’u Burusiya kugira ngo iyi ntambara imaze imyaka irenga ibiri ihagarare.

Trump yavuze ko ibyo bice impande zombi zirwanira byahitanye abantu benshi ndetse byangiza byinshi ku mpande zombi, akagaragaza ko hakwiriye gushakwa igisubizo kirambye buri ruhande rugize ibyo rwigoma.

Bivugwa ko Amerika iri kugerageza kumvisha abo mu Burayi ko bagomba kwemera ko u Burusiya bufata ibice bufite, bukabigumana burundu.

Ku wa 08 Kanama 2025 byatangajwe ko na Putin yagaragarije intumwa ya Perezida Trump, Steve Witkoff, uwo mushinga.

Ni bwo bwa mbere Putin na Trump bagiye guhura kuva yatorerwa kuyobora Amerika ku nshuro ya kabiri.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Barushimusi b’amahembe y’inzovu bacakiwe batarayagurisha ku mugabane wa Asia

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho gucuruza amahembe…

Trump yahamije ko iminsi ya Maduro iri kubarirwa ku ntoki

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko adatekereza…

Samia Suluhu agiye kurahirira kongera kuyobora Tanzania

Kuri uyu wa 3 Ugushyingo 2025 Perezida watorewe kuyobora Tanzania Samia Suluhu…

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

Umuhuzabikora w’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille…

Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda gushaka kwiyomekaho Uburasirazuba bw’igihugu cye

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi, Félix Antoine Tshisekedi, yongeye gukora u Rwanda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Amerika

Intambara iratutumba hagati ya Amerika na Venezuela 

2 Min Read
Amerika

Trump yategetse ko igice kimwe cya ’White House’ gisenywa

1 Min Read
Amerika

Amerika yamaganye uburyo agahenge katubahirizwa muri RDC

2 Min Read
Amerika

Guhura kwa perezida Trump na Putin kwateje impagarara

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?