BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Seninga Innocent yatandukanye na Etincelles FC

Seninga Innocent yatandukanye na Etincelles FC

sam
Last updated: August 5, 2025 11:44 am
sam
Share
SHARE

Umutoza Seninga Innocent wari umaze iminsi 20 bitangajwe ko azakomezanya na Etincelles FC, yayisezeyeho ayishinja kumusuzugura kuko itamuhaye amasezerano.

Seninga yatoje Etincelles FC kuva muri Mutarama uyu mwaka, ayifasha kuguma mu Cyiciro cya Mbere.

Ku wa 15 Nyakanga 2025 ni bwo iyi kipe yatangaje ko Seninga Innocent azakomeza kuba Umutoza wayo mu mwaka w’imikino wa 2025/26.

Kuva icyo gihe, uyu mutoza yari yatangiye akazi, ariko kuri uyu wa Kabiri ntiyagaragaye ku myitozo ndetse yahamirije IGIHE ko yahisemo kureka izo nshingano kubera ibyo yise agasuzuguro.

Ati “Handika ibaruwa umuntu ufite akazi kandi ikigaragaza ko uri umukozi ni amasezerano. Nta mpamvu yo kwandika kuko nari umunyakiraka, kuko nta faranga na rimwe ryabo nahawe.”

Yongeyeho ati “Yewe n’amafaranga yo kumfasha gutangira akazi, Perezida yayoherereje umwe mu bo bakorana ngo ayampe arayarya. Ibyo rero nabifashe nk’agasuzuguro. Ikindi banyimye uburenganzira mu kijyanye na kugura abakinnyi, mbereka abakinnyi nifuza bakabanga, bakizanira ababo bakabasinyisha ntabizi kandi ari njye uzabazwa umusaruro.”

Seninga yashimangiye ko bitumvikana uburyo yamaze ibyumweru bitatu nta masezerano, ariko Lomami Marcel waje kumwungiriza agahita ayahabwa

Ati “Ni gute ushobora kumbwira ukuntu umutoza mukuru amara iminsi 20 nta masezerano afite, mukazana umutoza wungirije akabona amasezerano mu munsi umwe? Ni agasuzuguro gakabije.”

IGIHE yagerageje kuvugana na Perezida wa Etincelles FC, Ndorimana Enock ndetse n’Umunyamabanga Mukuru wayo, Bagoyi Sultan Basoul, ariko ntibaboneka kuri telefoni.

Seninga yatozaga Etincelles ku nshuro ya gatatu nyuma y’uko yayibayemo mu 2016 na 2019

Andi makipe yatoje arimo Police FC, Bugesera FC, Musanze FC, Sunrise FC na Gendarmerie Nationale FC yo muri Djibouti.

Yabaye kandi Umutoza Wungirije mu Ikipe y’Igihugu ’Amavubi’ ndetse ajya yifashishwa n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) mu guhugura abandi batoza.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?