BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Aug 3, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Ubuzima > Ibinini bizafasha abagabo kuboneza urubyaro byatangiye kugeragezwa

Ibinini bizafasha abagabo kuboneza urubyaro byatangiye kugeragezwa

sam
Last updated: August 2, 2025 2:16 pm
sam
Share
SHARE

Nyuma y’uburyo bwari busanzweho bwo kuboneza urubyaro ku bagabo, nko gukoresha agakingirizo cyangwa kwifungisha burundu, kuri ubu hari gukorwa n’igerageza ku binini bya ‘YCT-259’ bizajya bifasha abagabo kuboneza urubyaro.

YCT-259 ni ibinini bica intege intangangabo kuko bifunga agace gakora intanga zikuze ari na zo zituma umugore atwita.

Bivuze ko umugabo wabinyoye akora imibonano mpuzabitsina idakingiye nk’ibisanzwe ariko akaba atabasha gutera inda kuko intanga ze ziba zidakuze.

Ubushakashatsi bwasohotse mu kinyamakuru cyitwa ‘Communications Medecins’ ku wa 22 Nyakanga 2025, bugaragaza ko mu bamaze gukorwaho igerageza kuri ibi binini, byakoze ndetse nta zindi ngaruka byabagizeho.

Bugaragaza ko ibi binini bitandukanye n’ubundi buryo bwo kuboneza urubyaro by’abagore kuko byo nta mpinduka na zimwe bitera mu mubiri nko guhinduka kw’imisemburo(hormones), umuvuduko w’amaraso, gutera cyane k’umutima n’ibindi.

Kugeza ubu ibi binini ntibiragera ku isoko, kuko bikiri mu igeragezwa, ariko abahanga bavuga ko ibi binini nibiramuka byemejwe bizahindura byinshi mu buryo bwo kuboneza urubyaro.

Imibare y’Ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, igaragaza ko mu bagore miliyari 1,9 bagejeje igihe cyo kubyara, miliyoni 874 bakoresha uburyo bwo kuboneza urubyaro. Ni mu gihe abagabo miliyoni 50 ari bo bifungishije.

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima, RBC, igaragaza ko mu Rwanda abarenga miliyoni ebyiri bahabwa serivisi zo kuboneza urubyaro.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Ibinini bizafasha abagabo kuboneza urubyaro byatangiye kugeragezwa

Nyuma y'uburyo bwari busanzweho bwo kuboneza urubyaro ku bagabo, nko gukoresha agakingirizo…

Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

Perezida William Ruto wa Kenya yatangaje ko yishimiye gutembereza mu Biro by’Umukuru…

Gicumbi: Polisi yafashe abantu batanu bahungabanyaga umutekano

Polisi ikorera mu Murenge wa Cyumva mu Karere ka Gicumbi k bufatanye…

Inteko Ishinga mategeko y’u Rwanda wamaganiye kure amagambo ya Vital Kamerhe

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yamaganye imvugo za Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko…

Protais Mitali wabaye muri guverinoma y’u Rwanda yitabye Imana

Protais Mitali wigeze kuba Minisitiri w’Umuco na Siporo, yitabye Imana aguye mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Ubuzima

Rutsiro: Umusaza w’imyaka 76 yakubiswe n’inkuba arapfa

1 Min Read
Ubuzima

U Rwanda rugiye gutangiza ibitaro 10 bya Kaminuza mu Ntara

1 Min Read
Ubuzima

Umuti witwa Relief wahagaritswe ku isoko ry’u Rwanda

1 Min Read

Amavubi yahamagaye 25 bazakina imikino ibiri ya gicuti

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?