BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Nov 4, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Minisiteri ya Siporo yateye utwatsi ibinyoma by’uko yahagaritse amatora ya FERWAFA

Minisiteri ya Siporo yateye utwatsi ibinyoma by’uko yahagaritse amatora ya FERWAFA

sam
Last updated: July 29, 2025 10:35 am
sam
Share
SHARE

Minisiteri ya Siporo yatangaje ko itigeze ihagarika amatora ya Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ateganyijwe mu mpera z’ukwezi kwa Kanama 2025.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 29 Nyakanga 2025, ni bwo Minisiteri ya Siporo yifashishije imbuga nkoranyambaga zayo inyomoje amakuru y’uko yasabye FERWAFA gusubika amatora.

Nyuma y’uko Komisiyo y’Amatora ya FERWAFA ishyize hanze umukandida umwe wemerewe kwiyamamariza kuyobora iri shyirahamwe, havuzwe byinshi birimo no kuba aya matora yakwigizwa inyuma.

Minisiteri ya siporo yahakanye uruhare rwayo muri aya matora igira iti “Minisiteri ya Siporo ntabwo yigeze ihagarika amatora ya Komite Nyobozi ya FERWAFA. Ayo makuru ni ibihuha mubyitondere.”

Uretse Minisiteri ya Siporo na FERWAFA yanyomoje aya makuru binyuze mu itangazo yashyize hanze

Yagize iti “FERWAFA iramenyesha abanyamuryango bayo ko iyi nkuru atari yo. Gahunda zose z’amatora azabera mu Nteko Rusange Isanzwe ya FERWAFA zikomeje uko zari ziteganyijwe.”

Ibi bibaye nyuma y’iminsi Komiseri ushinzwe Umutekano, Rurangirwa Louis atabaje Perezida Paul Kagame agaragaza ko aya matora arimo uburinganya.

Rurangirwa Louis ni umwe mu bari kuziyamamazanya na Hunde Rubegesa Walter wiyamamarizaga kuba Perezida wa FERWAFA ariko bagahura n’imbogamizi zo kubona ibyangombwa bihagije.

Amatora ya FERWAFA ateganyijwe tariki ya 30 Kanama 2025, Shema Ngoga Fabrice akaba ari we wenyine wiyamamarije kuyiyobora ari kumwe n’itsinda ry’abo bazafatanya bagera ku icyenda.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Barushimusi b’amahembe y’inzovu bacakiwe batarayagurisha ku mugabane wa Asia

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho gucuruza amahembe…

Trump yahamije ko iminsi ya Maduro iri kubarirwa ku ntoki

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko adatekereza…

Samia Suluhu agiye kurahirira kongera kuyobora Tanzania

Kuri uyu wa 3 Ugushyingo 2025 Perezida watorewe kuyobora Tanzania Samia Suluhu…

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

Umuhuzabikora w’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille…

Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda gushaka kwiyomekaho Uburasirazuba bw’igihugu cye

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi, Félix Antoine Tshisekedi, yongeye gukora u Rwanda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

El Ahli S.C Wad Madani yaritegerejwe mu Rwanda ntikije 

1 Min Read
Imikino

FERWAFA yanze ubusabe bwa APR n’Amagaju ataranyuzwe n’imisifurire

2 Min Read
Imikino

Abakinnyi b’Amavubi bagiye kwishyurwa amadeni mbere yo guhura na Nigeria

2 Min Read
Imikino

APR Fc yongeye gutombora Pyramide Fc muri CAF Champions League

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?