BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Minisiteri ya Siporo yateye utwatsi ibinyoma by’uko yahagaritse amatora ya FERWAFA

Minisiteri ya Siporo yateye utwatsi ibinyoma by’uko yahagaritse amatora ya FERWAFA

sam
Last updated: July 29, 2025 10:35 am
sam
Share
SHARE

Minisiteri ya Siporo yatangaje ko itigeze ihagarika amatora ya Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ateganyijwe mu mpera z’ukwezi kwa Kanama 2025.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 29 Nyakanga 2025, ni bwo Minisiteri ya Siporo yifashishije imbuga nkoranyambaga zayo inyomoje amakuru y’uko yasabye FERWAFA gusubika amatora.

Nyuma y’uko Komisiyo y’Amatora ya FERWAFA ishyize hanze umukandida umwe wemerewe kwiyamamariza kuyobora iri shyirahamwe, havuzwe byinshi birimo no kuba aya matora yakwigizwa inyuma.

Minisiteri ya siporo yahakanye uruhare rwayo muri aya matora igira iti “Minisiteri ya Siporo ntabwo yigeze ihagarika amatora ya Komite Nyobozi ya FERWAFA. Ayo makuru ni ibihuha mubyitondere.”

Uretse Minisiteri ya Siporo na FERWAFA yanyomoje aya makuru binyuze mu itangazo yashyize hanze

Yagize iti “FERWAFA iramenyesha abanyamuryango bayo ko iyi nkuru atari yo. Gahunda zose z’amatora azabera mu Nteko Rusange Isanzwe ya FERWAFA zikomeje uko zari ziteganyijwe.”

Ibi bibaye nyuma y’iminsi Komiseri ushinzwe Umutekano, Rurangirwa Louis atabaje Perezida Paul Kagame agaragaza ko aya matora arimo uburinganya.

Rurangirwa Louis ni umwe mu bari kuziyamamazanya na Hunde Rubegesa Walter wiyamamarizaga kuba Perezida wa FERWAFA ariko bagahura n’imbogamizi zo kubona ibyangombwa bihagije.

Amatora ya FERWAFA ateganyijwe tariki ya 30 Kanama 2025, Shema Ngoga Fabrice akaba ari we wenyine wiyamamarije kuyiyobora ari kumwe n’itsinda ry’abo bazafatanya bagera ku icyenda.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?