BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Jul 27, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu Rwanda > I Kigali humvikanye umutingito uri ku gipimo cya 2,3 

I Kigali humvikanye umutingito uri ku gipimo cya 2,3 

sam
Last updated: July 26, 2025 12:46 pm
sam
Share
SHARE

Ishami ry’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Mine, Peteroli na gas (RMB) rishinzwe gusuzuma imitingito, ryatangaje mu Mujyi wa Kigali humvikanye umutingito ufite ibipimo bya ‘magnitude’ ya 2,3.

Iri shami ryatangaje ko uyu mutingito wumvikanye mu ijoro ryo ku wa 26 Nyakanga 2025, saa 12:37 z’ijoro.

Ryagize riti “Uyu munsi saa 12:38 z’ijoro umutingito ufite ‘magnitude’ ya 2,3 wumvikanye muri Kigali, aho wiganje cyane mu Karere Gasabo.”

Ubundi umutingito ubarwa hakoreshejwe igipimo cyitwa ‘Richter’ kibara ibyitwa ’magnitude’, cyangwa se ubukana bw’umutingito.

Umutingito wa magnitude 2,5 cyangwa munsi yayo ntabwo wawumva, ariko ibikoresho biwupima byo birawumva bikanamenya ubukana bwawo, bivuze ko uwumvikanye wa 2,3 utari ukanganye.

Icyakora imitingito ifite magnitude yo hejuru ya gatanu yo irumvikana kandi iba ishobora kwangiza ibintu bitandukanye nko kumena ibirahure by’inzu, cyangwa se kuyisenya bitewe n’ibipimo wari ufite.

Inzobere mu bijyanye n’imiterere y’Isi, zigaragaza ko kugira ngo umutingito wangize cyane, bigirwamo uruhare n’ibintu byinshi, birimo imiterere y’aho wabereye, ubukana bwawo, ibikorwaremezo bihari, inshuro wumvikanye n’ibindi.

Umutingito waherukaga kumvikana mu Rwanda mu ijoro ryo ku wa 4 Gicurasi 2025. Icyo gihe habanje uwari ufite igipimo cya 5,4 waturutse mu Kiyaga cya Albert, ukurikirwa n’uwa 4,1 nyuma y’iminota irindwi.

Kugeza ubu, umutingito wamaze igihe kirekire mu Rwanda wari uri ku gipimo cya 6.6, wabayeho tariki 20 Werurwe 1966, ni wo ukomeye wabayeho mu myaka isaga 100 ishize.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

I Kigali humvikanye umutingito uri ku gipimo cya 2,3 

Ishami ry’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Mine, Peteroli na gas (RMB) rishinzwe gusuzuma imitingito,…

Masisi: AFC/M23 yafashe akandi gace nyuma yo kugabwaho igitero na Wazalendo

Ihuriro AFC/M23 ryafashe agace ka Mulema muri teritwari ya Masisi nyuma yo…

Nigeria yiyongereye mu bihugu byifuza kwakira Formula One

Nigeria yinjiye mu bihugu birimo u Rwanda byasabye ubuyobozi bwa Formula One…

Urubanza rwa Joseph Kabila ruratangira i Kinshasa, araregwa ibyaha bihanishwa urwo gupfa

Urukiko rukuru rwa gisirikare i Kinshasa mu murwa mukuru wa DR Congo…

M23 na Wazalendo byongeye gukozanyaho

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wongeye guhangana…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

Musanze: Polisi yerekanye batatu bibaga ibikoresho by’ikoranabuhanga

2 Min Read
Mu Rwanda

Meteo Rwanda yasobanuye icyateye imvura n’ubukonje muri iyi mpeshyi

2 Min Read
Mu Rwanda

Nyarugenge: Umugore yaguwe gitumo na Polisi afite ibiro bibiri by’urumogi

2 Min Read
Mu Rwanda

Umugore yakanze imyanya y’ibanga y’umugabo we kugeza ivuyemo amaraso

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?