BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Jul 27, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Nigeria yiyongereye mu bihugu byifuza kwakira Formula One

Nigeria yiyongereye mu bihugu byifuza kwakira Formula One

sam
Last updated: July 26, 2025 12:32 pm
sam
Share
SHARE

Nigeria yinjiye mu bihugu birimo u Rwanda byasabye ubuyobozi bwa Formula One ko byifuza kongera kwakira Grand Prix y’iri siganwa nyuma y’imyaka 32 ritabera muri Afurika.

Ibi byatangajwe n’Urwego rushinzwe Imikino muri Nigeria rwagaragaje ubushake bwo kwakira iri siganwa, bunatanga ububasha ku kigo cya Opus Race Promotions kugira ngo gikurikirane uyu mushinga.

Nigeria ntifite intego zo kwakira Grand Prix ya Formula One gusa, ahubwo ni umushinga munini izashoramo akayabo kugira ngo yakire andi marushanwa y’imodoka, urimo amarerero yigisha abana gukina uyu mukino.

Nigeria igaragaje ubu bushake nyuma y’aho ibiganiro bigeze kure hagati ya Formula One n’ibihugu byabugaragaje mbere birimo u Rwanda, Afurika y’Epfo na Maroc.

Muri ibi bihugu byose u Rwanda ni rwo rushyigikiwe na benshi mu bakinnyi n’abawuyobora, mu gihe Afurika y’Epfo ifite amahirwe yo kuko ifite umuhanda ukeneye kuvugururwa gusa, ugashyirwa ku rwego rwa mbere rwemerewe kwakira aya masiganwa ‘FIA Grade 1’.

Maroc yo yagaragarije abategura Formula One ko yiteguye gutanga miliyari 1,2$ ikubaka igicumbi cy’imikino y’imodoka mu Mujyi wa Tangier. Miliyoni 800$ yo gutangira umushinga yarateguwe.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

I Kigali humvikanye umutingito uri ku gipimo cya 2,3 

Ishami ry’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Mine, Peteroli na gas (RMB) rishinzwe gusuzuma imitingito,…

Masisi: AFC/M23 yafashe akandi gace nyuma yo kugabwaho igitero na Wazalendo

Ihuriro AFC/M23 ryafashe agace ka Mulema muri teritwari ya Masisi nyuma yo…

Nigeria yiyongereye mu bihugu byifuza kwakira Formula One

Nigeria yinjiye mu bihugu birimo u Rwanda byasabye ubuyobozi bwa Formula One…

Urubanza rwa Joseph Kabila ruratangira i Kinshasa, araregwa ibyaha bihanishwa urwo gupfa

Urukiko rukuru rwa gisirikare i Kinshasa mu murwa mukuru wa DR Congo…

M23 na Wazalendo byongeye gukozanyaho

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wongeye guhangana…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Kwegura kwa Visi Perezida w’u Buhinde byateje impaka n’urujijo

1 Min Read
Mu mahanga

Umudipolomate wa RDC afungiwe muri Bulgaria nyuma yo gufatanwa Cocaïne

1 Min Read
Mu mahanga

Kenya: Itabwa muri yombi ry’impirimbanyi yo muri Kenya ryazamuriye benshi uburakari

2 Min Read
Mu mahanga

DRC: Fayulu yagaragaje uko Tshisekedi yashatse guhunga ibiganiro byatangijwe na Kiliziya na Angilikani

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?