BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Jul 22, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru Nyamukuru > Loni yashyimye RDC na M23 basinye amasezerano aganisha ku mahoro

Loni yashyimye RDC na M23 basinye amasezerano aganisha ku mahoro

sam
Last updated: July 21, 2025 2:03 pm
sam
Share
SHARE

Nyuma y’isinywa ry’Ingingo z’Amahame y’Ubwumvikane hagati ya Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’umutwe wa AFC/M23, Umuryango w’Abibumbye (Loni) watangaje ko wishimiye iki gikorwa nk’intambwe ikomeye igana ku mahoro arambye mu Karere.

Yagize ati: “Nishimiye isinywa ry’Ingingo z’Amahame hagati ya Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23.

Loni izakomeza gushyigikira imbaraga zose zigamije amahoro, kurinda abaturage no kongera kugarura ituze muri RDC, ikorana bya hafi n’inzego z’igihugu n’abandi bafatanyabikorwa.”

Izi ngingo zashyizweho umukono zigamije gushyiraho umusingi w’amasezerano arambye y’amahoro, zigafatwa nk’igikorwa cy’ingenzi mu guhosha intambara zimaze igihe mu Burasirazuba bwa Congo, ahakomeje kurangwa ibikorwa by’inyeshyamba n’umutekano muke.

Loni ivuga ko izakomeza kuba hafi y’ubuyobozi bwa Congo mu rugendo rwo gushaka amahoro arambye, guteza imbere inzego z’umutekano, ndetse no gusigasira uburenganzira bw’abaturage, by’umwihariko abatuye mu duce twibasiwe n’intambara.

Izi ngingo ziyobowe n’impande zombi (RDC na AFC/M23) zasinyiwe i Doha muri Qatar, zishyigikiwe n’abafatanyabikorwa barimo Leta ya Qatar n’imiryango y’Akarere n’iy’Isi yose, zihabwa agaciro nk’intangiriro y’ubwumvikane bushya n’icyizere gishya cy’amahoro muri RDC.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Kwegura kwa Visi Perezida w’u Buhinde byateje impaka n’urujijo

Ubwegure butunguranye bwa Visi-Perezida w’u Buhinde wari unayoboye Inteko Ishinga Amategeko umutwe…

Nyarugenge: Umugore yaguwe gitumo na Polisi afite ibiro bibiri by’urumogi

Kuri uyu wa  22 Nyakanga 2025, Polisi ifatanije n’abaturage yafashe umugore witwa…

Umugore yakanze imyanya y’ibanga y’umugabo we kugeza ivuyemo amaraso

Umugore w’imyaka 57 wo mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Nyanza,…

U Rwanda rugiye gushyira amarerero mu bigo bya Polisi

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface, yatangaje ko hagiye gushyirwaho…

Burikantu akurikiranyweho icyaha cyo gufungirana inkumi ebyiri

Mwitende Abdoulkarim wamenyekanye cyane ku mbuga nkoranyambaga nka Burikantu yatawe muri yombi,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Inkuru Nyamukuru

RDC na M23 basinyanye amasezerano aganisha ku mahoro arambye

3 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Perezida William Ruto yakiriye intumwa yihariye ya perezida Kagame

1 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Aba Minisitiri b’umutekano w’imbere mu Rwanda na DR.Congo bahuriye muri Qatar

2 Min Read
Inkuru Nyamukuru

U Rwanda na Turkmenistan byatangiye urugendo rw’ umubano mu bya dipolomasi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?