BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Sep 5, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Amerika > Abahinga urumogi muri California bakozwemo umukwabu

Abahinga urumogi muri California bakozwemo umukwabu

sam
Last updated: July 11, 2025 9:06 am
sam
Share
SHARE

Urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika rwakoze umukwabu mu bahinzi b’urumogi bo muri California rufunga umuhanda mu gace k’ubuhinzi ka Camarillo bituma benshi batangira kwigaragambya.

Ibyo byatumye haduka imvururu hagati y’ubuyobozi n’imbaga y’abigaragambya aho bateye ibyuka biryana mu maso mu rwego rwo kubatatanya.

Ikinyamakuru Los Angeles Times cyavuze ko nta mubare nyawo uratangazwa w’abatawe muri yombi ariko bikekwa ko abahinzi 100 bafashwe mbere y’uko imyigaragambyo itangira.

Imodoka z’ubuyobozi n’za gisirikare zafunze umuhanda mu gace ka Camarillo, ahari inyubako z’ubuhinzi bw’urumogi, (greenhouses), ndetse n’indege za gisirikare zacaga hejuru y’abigaragambya.

Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza (Reuters) byatangaje ko amashusho yaciye kuri televiziyo yerekanye abigaragambya benshi bahagaze hagati y’imirima, imbere yabo hari abashinzwe umutekano.

Andi mashusho yagaragaje abigaragambya batongana n’inzego z’umutekano ndetse harimo n’abambitswe amapingu bicaye hasi.

Umuvugizi w’Ikigo gishinzwe umutekano w’imbere mu gihugu cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko bari gushyira mu bikorwa inyandiko y’itegeko ry’urukiko ahakorerwa ubuhinzi bw’urumogi.

Mu Ntara ya California, guhinga no kugurisha urumogi byemewe n’amategeko iyo umuntu afite uruhushya rubikwemerera.

Amakuru yo ku rwego rw’igihugu agaragaza ko koperative ihahinga urumogi ibifitiye uruhushya kandi ko  umwaka ushize, igice kimwe cy’ubutaka bwakoreshwaga mu guhinga urumogi, ahandi hagahingwa wotameroni.

Nubwo bimeze bityo ariko ako gace ni kamwe mu dutuwe n’abimukira benshi ndetse bamwe bari kuvuga ko ibyo bikorwa bigamije kubabuza amahwemo no gushaka kubata muri yombi.

California yamaganye ibikorwa byo kubuza amahoro abimukira ndetse Guverineri wayo, Gavin Newsom, yavuze ko ibyo bikorwa bitera abana n’imiryango yabo ihungabana.

 

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Burera: Polisi yafatanye umugabo ibilo bisaga 200 by’insinga z’amashanyarazi

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Burera yafashe umugabo wari ufite…

AFC/M23 yamaganye imvugo zihembera urwango muri Uvira na Ituri

Ihuriro rya AFC ribarizwamo umutwe wa M23 na Twirwaneho rwatangaje ko ridashobora…

Perezida Kagame yatangije inama Aviation Africa 2025 iri kubera i Kigali

Perezida Paul Kagame yitabiriye anatangiza inama ya cyenda y'iminsi ibiri yiga ku…

DRC: Abazalendo bo muri Uvira barahiriye ko Generali Gasita ajyenda ari umurambo

Uyu ni umunsi wa gatatu w'imyigaragambyo y'Abazalendo bo muri Uvira bamagana Gen…

Inkuru y’akababaro: Urupfu rw’umuramyi Gogo rwashenguye abatari bake

Umuhanzikazi Musabyimana Gloriose izwi nka Gogo  mu ndirimbo zo guhimbaza Imana yapfiriye…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Amerika

Amerika yamaganye uburyo agahenge katubahirizwa muri RDC

2 Min Read
Amerika

Guhura kwa perezida Trump na Putin kwateje impagarara

2 Min Read
Amerika

Ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryiyongereyeho 25% muri uyu mwaka_Raporo ya Loni

2 Min Read
Amerika

Amerika yafatiye ibihano PARECO-FF yashinzwe n’uwahoze mu buyobozi bwa M23

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?