Urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika rwakoze umukwabu mu bahinzi b’urumogi bo muri California rufunga umuhanda mu gace k’ubuhinzi ka Camarillo bituma benshi batangira kwigaragambya.
Ibyo byatumye haduka imvururu hagati y’ubuyobozi n’imbaga y’abigaragambya aho bateye ibyuka biryana mu maso mu rwego rwo kubatatanya.
Ikinyamakuru Los Angeles Times cyavuze ko nta mubare nyawo uratangazwa w’abatawe muri yombi ariko bikekwa ko abahinzi 100 bafashwe mbere y’uko imyigaragambyo itangira.
Imodoka z’ubuyobozi n’za gisirikare zafunze umuhanda mu gace ka Camarillo, ahari inyubako z’ubuhinzi bw’urumogi, (greenhouses), ndetse n’indege za gisirikare zacaga hejuru y’abigaragambya.
Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza (Reuters) byatangaje ko amashusho yaciye kuri televiziyo yerekanye abigaragambya benshi bahagaze hagati y’imirima, imbere yabo hari abashinzwe umutekano.
Andi mashusho yagaragaje abigaragambya batongana n’inzego z’umutekano ndetse harimo n’abambitswe amapingu bicaye hasi.
Umuvugizi w’Ikigo gishinzwe umutekano w’imbere mu gihugu cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko bari gushyira mu bikorwa inyandiko y’itegeko ry’urukiko ahakorerwa ubuhinzi bw’urumogi.
Mu Ntara ya California, guhinga no kugurisha urumogi byemewe n’amategeko iyo umuntu afite uruhushya rubikwemerera.
Amakuru yo ku rwego rw’igihugu agaragaza ko koperative ihahinga urumogi ibifitiye uruhushya kandi ko umwaka ushize, igice kimwe cy’ubutaka bwakoreshwaga mu guhinga urumogi, ahandi hagahingwa wotameroni.
Nubwo bimeze bityo ariko ako gace ni kamwe mu dutuwe n’abimukira benshi ndetse bamwe bari kuvuga ko ibyo bikorwa bigamije kubabuza amahwemo no gushaka kubata muri yombi.
California yamaganye ibikorwa byo kubuza amahoro abimukira ndetse Guverineri wayo, Gavin Newsom, yavuze ko ibyo bikorwa bitera abana n’imiryango yabo ihungabana.