BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 9, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Rufonsina aritegura kwibaruka ubuheta

Rufonsina aritegura kwibaruka ubuheta

sam
Last updated: July 8, 2025 10:18 am
sam
Share
SHARE

Nyuma y’uko Uwimpundu Sandrine ukoresha izina rya Rufonsina muri Filime ‘Umuturanyi’, yambitswe impeta n’umugabo bamaze imyaka 12 babana ndetse banafitanye umwana w’imyaka 10, kuri ubu bari mu myiteguro yo kwibaruka ubuheta.

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga akoresha, Rufonsina yasangije abamukurikira amafoto amugaragaza nk’ukuriwe ndetse witegura kwibaruka ubuheta bwe.

Uyu mugore uri mu bagezweho muri sinema yashyize hanze aya mafoto ubwo yizihizaga isabukuru y’amavuko ye, aho yahise anagaragaza ko ari mu myiteguro yo kwibaruka umwana wa kabiri agiye gukurikiza imfura ye.

Mu butumwa yasangije abamukurikira, Rufonsina yagize ati “Ukwezi nk’uku itariki nk’iyi ni bwo iwacu bavugije impundu mama anshyize ku Isi bahita banyita Uwimpundu Sandrine, none Mana kuri iyi taliki navukiyeho mfite n’umugisha wampaye mu nda ni ibyishimo nyuma y’imyaka 10 umpaye ‘Galois’. Komeza uturinde utuzigame tugume mu buntu bwawe nta wundi wo kwiringirwa.”

Rufonsina wambitswe impeta mu Ukwakira 2024, yamenyekanye muri filime ‘Umuturanyi’ akoresha ururimi rw’Ikigoyi, kimwe mu byatumye benshi bamuhanga amaso kuko bitari bimenyerewe.

 

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urubanza rwa Constant Mutamba rwasubitswe rwimurirwa ku yindi tariki

Urubanza rwa Constant Mutamba wahoze ari Minisitiri w’Ubutabera muri Repubulika iharanira Demokarasi…

Gasabo: Polisi yafatiye mu cyuho abantu batatu batekaga kanyanga

Polisi ifatanije n’izindi nzego z’umutekano zo mu Murenge wa Gikomero mu Karere…

Nicki Minaj yasabye Jay-Z kumwishyura arenga miliyoni 100

Umuraperikazi Nicki Minaj, arashinja Jay-Z guseta ibirenge mu kumwishyura umwenda uri hagati…

Umuhanzikazi Clarisse Karasira yibarutse ubuheta

Umuhanzi Clarisse Karasira n’umugabo we Ifashabayo Dejoie, bari mu byishimo byo kwibaruka…

Abanyeshuri basaga 255 batangiye gukora Ibizamini bya leta bisoza umwaka wa 2024/2025

Kuri uyu wa 9 Nyakanga2025 abanyeshuri basaga ibihumbi 255 barimo 149,134 biga…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Post Malone yatandukanye n’umukunzi we

1 Min Read
Imyidagaduro

Hamenyekanye icyahitanye umubyeyi wa Rihanna umaze ukwezi yitabye Imana

3 Min Read
Imyidagaduro

Yago yemeje ko yatandukanye n’ukobwa baherutse ku byarana

2 Min Read
Imyidagaduro

Tiwa Savage yihenuye k’uwavuze ko agirwa mwiza n’amafoto

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?