BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 9, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Ubutabera > Kamonyi: Umugore n’umukobwa we w’imyaka 14 batawe muri yombi bakekwaho ubwicanyi

Kamonyi: Umugore n’umukobwa we w’imyaka 14 batawe muri yombi bakekwaho ubwicanyi

sam
Last updated: July 8, 2025 10:10 am
sam
Share
SHARE

Umugore w’imyaka 37 n’umukobwa we w’imyaka 14 batawe muri yombi nyuma yo gukekwaho urupfu rw’umugabo we ari nawe se w’uwo mukobwa.

Ni inkuru yasakaye mu gitondo cyo ku wa 7 Nyakanga 2025. Byabereye mu Murenge wa Ngamba, Akagari ka Marembo, mu Mudugudu wa Rugarama, mu ijoro ryo ku wa 6 Nyakanga 2025.

Singuranayo Philippe w’imyaka 47 yitabye lmana, bikekwa ko yishwe akubiswe n’umugore we, Mukamabano Jeanne afatanyije n’umwana wabo w’umukobwa w’imyaka 14.

Abageze ahabereye uru rugomo rwavuyemo urupfu bavuze ko basanganye nyakwigendera ibikomere ku mutwe, bigakekwa ko hari icyo bamukubise ku mutwe.

Umunyabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ngamba, Munyakazi Epimaque, yabwiye IGIHE ko urupfu rwabaye muri uriya muryango rwatunguranye kuko mu buzima busanzwe uru rugo rwabanaga neza.

Ati “Icyo bapfuye kugeza ubu ntikiramenyekana.”

Gitifu Munyakazi yakomeje avuga ko umurambo wa nyakwigendera wajyanywe mu Bitaro bya Kacyiru, mu Karere ka Gasabo gusuzumwa, naho abakekwa mu kugira uruhare mu rupfu bo bajyanywe gufungirwa kuri Polisi, Sitasiyo ya Rukoma mu gihe iperereza rigikomeje.

Uyu nyakwigendera yari afitanye abana batatu n’umugore we ukekwaho kumwica, afatanyije n’umwe mu bo babyaranye.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urubanza rwa Constant Mutamba rwasubitswe rwimurirwa ku yindi tariki

Urubanza rwa Constant Mutamba wahoze ari Minisitiri w’Ubutabera muri Repubulika iharanira Demokarasi…

Gasabo: Polisi yafatiye mu cyuho abantu batatu batekaga kanyanga

Polisi ifatanije n’izindi nzego z’umutekano zo mu Murenge wa Gikomero mu Karere…

Nicki Minaj yasabye Jay-Z kumwishyura arenga miliyoni 100

Umuraperikazi Nicki Minaj, arashinja Jay-Z guseta ibirenge mu kumwishyura umwenda uri hagati…

Umuhanzikazi Clarisse Karasira yibarutse ubuheta

Umuhanzi Clarisse Karasira n’umugabo we Ifashabayo Dejoie, bari mu byishimo byo kwibaruka…

Abanyeshuri basaga 255 batangiye gukora Ibizamini bya leta bisoza umwaka wa 2024/2025

Kuri uyu wa 9 Nyakanga2025 abanyeshuri basaga ibihumbi 255 barimo 149,134 biga…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Ubutabera

Urukiko rwasabye ko urubanza ruregwamo Ingabire Victoire rusubikwa.

2 Min Read
Ubutabera

Bishop Gafaranga agiye kujuririra iminsi 30 y’agateganyo

1 Min Read
Ubutabera

Dosiye ya Ingabire Victoire yaregewe urukiko

1 Min Read
Ubutabera

RIB yataye muri yombi abantu bagurishaga ubutaka butari ubwabo

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?