BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Sep 5, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Amerika > Trump yahamije ko Amerika izakomeza guha intwaro Ukraine

Trump yahamije ko Amerika izakomeza guha intwaro Ukraine

sam
Last updated: July 4, 2025 9:13 am
sam
Share
SHARE

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yanyomoje ibimaze iminsi bivugwa mu itangazamakuru ko bahagaritse kohereza intwaro ndetse n’ibikoresho bya gisirikare muri Ukraine.

Trump yavuze ko nubwo Amerika ikomeje kohereza intwaro muri Ukraine ariko bakwiriye kugenzura neza ko nabo basigarana intwaro zizabafasha mu kubarindira umutekano ndetse n’inshuti zabo.

Amakuru yagarutsweho mu ntangiriro z’iki cyumweru yagaragazaga ko Amerika yahagaritse kohereza intwaro zirimo missile zo mu bwoko bwa Patriot, Hellfire, GMLRS ndetse n’izindi zitandukanye zari koherezwa gufasha iki gihugu guhangana n’u Burusiya.

Mu kiganiro Trump yagiranye n’abanyamakuru, yavuze ko ibyo atari ukuri ahubwo yongera gusubiramo ibiheruka gutangazwa na Minisiteri y’Ingabo (Pentagon) n’ibiro by’umukuru w’igihugu (White House) muri Amerika, ko icyemezo cyo kugabanya intwaro zoherezwa muri Ukraine kubera ko hari hakwiriye kubanza kwita ku nyungu zabo bwite.

Ati “Turi gutanga intwaro ariko n’ubundi tumaze igihe dutanga intwaro nyinshi kubera ko murabizi ko Biden yatanze nyinshi cyane rero dukwiriye kubanza kumenya ko tugira izo dusigaza ku ruhande rwacu ziduhagije.”

Amakuru dukesha ikigo cy’ubushakashatsi cyo mu Budage, Kiel Institute, agaragaza ko Amerika imaze gutanga ubufasha mu bya gisirikare kuri Ukraine bufite agaciro ka miliyari 115$ kuva intambara bahanganyemo n’u Burusiya yatangira mu 2022.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Burera: Polisi yafatanye umugabo ibilo bisaga 200 by’insinga z’amashanyarazi

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Burera yafashe umugabo wari ufite…

AFC/M23 yamaganye imvugo zihembera urwango muri Uvira na Ituri

Ihuriro rya AFC ribarizwamo umutwe wa M23 na Twirwaneho rwatangaje ko ridashobora…

Perezida Kagame yatangije inama Aviation Africa 2025 iri kubera i Kigali

Perezida Paul Kagame yitabiriye anatangiza inama ya cyenda y'iminsi ibiri yiga ku…

DRC: Abazalendo bo muri Uvira barahiriye ko Generali Gasita ajyenda ari umurambo

Uyu ni umunsi wa gatatu w'imyigaragambyo y'Abazalendo bo muri Uvira bamagana Gen…

Inkuru y’akababaro: Urupfu rw’umuramyi Gogo rwashenguye abatari bake

Umuhanzikazi Musabyimana Gloriose izwi nka Gogo  mu ndirimbo zo guhimbaza Imana yapfiriye…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Amerika

Amerika yamaganye uburyo agahenge katubahirizwa muri RDC

2 Min Read
Amerika

Guhura kwa perezida Trump na Putin kwateje impagarara

2 Min Read
Amerika

Ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryiyongereyeho 25% muri uyu mwaka_Raporo ya Loni

2 Min Read
Amerika

Amerika yafatiye ibihano PARECO-FF yashinzwe n’uwahoze mu buyobozi bwa M23

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?