BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Sep 5, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Amerika > Iran yagaragaje icyo yifuza mbere yo gusubukura ibiganiro na Amerika

Iran yagaragaje icyo yifuza mbere yo gusubukura ibiganiro na Amerika

sam
Last updated: June 30, 2025 9:54 am
sam
Share
SHARE

Iran yagaragaje ko ikeneye kumenya niba Leta Zunze Ubumwe za Amerika zitazongera kuyirasaho, mbere y’uko impande zombi zisubukura ibiganiro bijyanye n’intwaro kirimbuzi.

Tariki ya 22 Kamena 2025, Amerika yagabye igitero gikomeye ku kigo cya Fordow, Natanz na Isfahan bitunganyirizwamo ingufu za nucléaire, isobanura ko yari igamije kubisenya burundu.

Iki gitero cyiyongereye ku byo Israel yari imaze iminsi 10 igaba ku bikorwaremezo bitandukanye bya Iran birimo ibigo bya nucléaire no ku nganda zikora intwaro ziremereye.

Nyuma y’aho tariki ya 24 Kamena Perezida Trump wa Amerika atangaje ko Iran na Israel byemeye guhana agahenge, igihugu cye cyagaragaje ko gishaka gusubira mu biganiro na Iran.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wungirije wa Iran, Majid Takht-Ravanchi, yatangaje ko mu cyumweru gishize ari bwo Amerika yamenyesheje Guverinoma yabo ko ishaka ko ibiganiro bisubukurwa, ariko ngo ntiyasobanuye niba itazongera kurasa iwabo.

Yagize ati “Ubu ngubu turi gushaka igisubizo cy’iki kibazo. Ese tuzongera kubona ubushotoranyi bwikurikiranya mu gihe tuzaba dukomeje ibiganiro? [Amerika] ikwiye gutanga umucyo kuri iki kibazo cy’ingenzi.”

Yagaragaje ko kugira ngo Iran yemere kujya mu biganiro, Amerika ikwiye kuyigaragariza ikimenyetso cyatuma habaho ukwizerana.

Minisitiri Ravanchi yasobanuye ko ingufu za nucléaire Iran itunganya zigamije ibikorwa bidahungabanya umutekano, bityo ko ibirego by’abayishinja umugambi wo gukora intwaro kirimbuzi nta shingiro bifite.

Yemeje ko mu biganiro bizahuza Iran na Amerika, ikizaganirwaho ari igipimo cya Uranium izajya itunganywa, ariko ko gusaba igihugu guhagarika kuyitunganya burundu byo bidashoboka.

Ati “Igipimo cyaganirwaho, ubushobozi bwaganirwaho ariko kuvuga ko udakwiye kuyitunganya, wabyanga tukakurasaho, iryo ni itegeko ryo mu ishyamba.”

Ibiganiro bya Amerika na Iran kuri nucléaire byatangiye muri Mata 2025. Oman ni yo yabaye umuhuza w’impande zombi.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Burera: Polisi yafatanye umugabo ibilo bisaga 200 by’insinga z’amashanyarazi

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Burera yafashe umugabo wari ufite…

AFC/M23 yamaganye imvugo zihembera urwango muri Uvira na Ituri

Ihuriro rya AFC ribarizwamo umutwe wa M23 na Twirwaneho rwatangaje ko ridashobora…

Perezida Kagame yatangije inama Aviation Africa 2025 iri kubera i Kigali

Perezida Paul Kagame yitabiriye anatangiza inama ya cyenda y'iminsi ibiri yiga ku…

DRC: Abazalendo bo muri Uvira barahiriye ko Generali Gasita ajyenda ari umurambo

Uyu ni umunsi wa gatatu w'imyigaragambyo y'Abazalendo bo muri Uvira bamagana Gen…

Inkuru y’akababaro: Urupfu rw’umuramyi Gogo rwashenguye abatari bake

Umuhanzikazi Musabyimana Gloriose izwi nka Gogo  mu ndirimbo zo guhimbaza Imana yapfiriye…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Amerika

Amerika yamaganye uburyo agahenge katubahirizwa muri RDC

2 Min Read
Amerika

Guhura kwa perezida Trump na Putin kwateje impagarara

2 Min Read
Amerika

Ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryiyongereyeho 25% muri uyu mwaka_Raporo ya Loni

2 Min Read
Amerika

Amerika yafatiye ibihano PARECO-FF yashinzwe n’uwahoze mu buyobozi bwa M23

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?