BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jun 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > RDC: Abantu 32 baguye mu mpanuka y’ubwato

RDC: Abantu 32 baguye mu mpanuka y’ubwato

sam
Last updated: June 13, 2025 7:20 am
sam
Share
SHARE

Abantu babarirwa muri 32 baguye mu mpanuka y’ubwato bubiri bwari butwaye abagenzi barenga 100 bwarohamye mu kiyaga cya Tumba mu Ntara ya Equateur muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo

Itangazo ryasohowe n’imiryango itari iya Leta ikorera mu Ntara ya Equateur, rivuga ko ubwato bwavuye ku nkombe ya Bikoro ku gice cy’Iburasirazuba cy’ikiyaga ku mugoroba wo ku wa Gatatu butwaye abantu benshi cyane, bikanavugwa ko ikirere kitari kimeze neza.

Umwe mu bagize sosiyete sivile witwa Akula Dieu yagize ati “Abatangabuhamya bavuze ko abagenzi bari benshi cyane mu bwato”

Reuters ntiyashoboye kwemeza ibijyanye n’uko ikirere cyari kimeze cyangwa amakuru ajyanye n’ubwinshi bw’abagenzi.

Komiseri ku kibaya cya Bikoro, Gabriel Ifulu Bongolomba, yabwiye Reuters ko umuryango wari ugiye gushyingura wakodesheje ubwato ngo bujyane abantu muri uwo muhango ubuvana mu kigo kitemewe n’amategeko.

Yahamije ko umuhengeri watewe n’imvura nyinshi ari wo watumye ubwato bwombi burohama ndetse ibikorwa by’ubutabazi bikaba byari bigikomeje kuri uyu wa Kane, nubwo ngo habayeho kubura ibikoresho by’ibanze nk’amakote arinda abantu kurohama [life jacket] n’ubwato bwo kwifashisha mu butabazi.

Ati “Byabaye ngombwa ko dukodesha ubwato bwigenga ngo bufashe muri iki gikorwa ariko rimwe na rimwe ntitubona na lisansi ihagije ngo dukore neza iyi mirimo.”

Impanuka zo mu mazi muri RDC zikunze kubaho kubera gutwara ibintu birenze ubushobozi bwabwo ndetse bunashaje.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Abasirikare ba Afurika y’Epfo bari mu butumwa bwa SAMIDRC bakiriwe nk’intwari

Abasirikare ba Afurika y'Epfo bari bamaze igihe baroherejwe mu butumwa bw'amahoro bwa…

U Buhinde bwavuze aho buhagaze ku bibazo by’u Rwanda na RDC

Umuyobozi muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Buhinde ushinzwe Afurika y’Iburasirazuba n’iy’Amajyepfo, Shri…

Amerika yifuza ko amasezerano y’amahoro  hagati ya DRC n’u Rwanda yarangira mbere ya  Nyakanga 2025

Amerika yatangaje ko yifuza kubona  u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya…

Iran yarashe ibisasu byinshi muri Israel

Igisirikare cya Israel cyatangaje ko ingabo za Iran zarashe ibisasu bikabakaba 100…

Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye ko kubura Mama we witabye Imana.

Umuhanzi Christian Rukundo Nsengimana uzwi nka Chris Eazy, ari mu gahinda gakomeye…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Uburusiya bwashyizeho itsinda ry’igisirikare rishinzwe gukoresha ’drones’

1 Min Read
Mu mahanga

Israel yivuganye abasirikare  bakuru ba Iran mu gitero simusiga yabagabyeho

2 Min Read
Mu mahanga

U Buhinde: Indege yari itwaye abagenzi 244 yakoze impanuka

1 Min Read
Mu mahanga

Putin yongeye gukanga amahanga kubera ubushobozi bw’intwaro kirimbuzi afite

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?