BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jun 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Aziya > Umwongereza ukomoka mu Buhinde niwe  niwe mugenzi wenyine  warokotse impanuka y’ indege ya AirIndia

Umwongereza ukomoka mu Buhinde niwe  niwe mugenzi wenyine  warokotse impanuka y’ indege ya AirIndia

sam
Last updated: June 13, 2025 6:12 am
sam
Share
SHARE

Umugabo w’Umwongereza ukomoka mu Buhinde yagenze n’amaguru ava mu bisigazwa by’indege ya kompanyi Air India yo mu Buhinde yakoze impanuka ikica abantu 241, nyuma yo kurokoka mu buryo budasanzwe.

Vishwash Kumar Ramesh yari yicaye mu ntebe ifite nimero 11A, mu ndege ya Boeing 787 yari yerekeje ku kibuga cy’indege cya Gatwick i London mu Bwongereza ku wa kane, igakora impanuka nyuma gato yo guhaguruka ku kibuga cy’indege cy’i Ahmedabad, mu burengerazuba bw’Ubuhinde.

Uwo mwanya yari yicayemo uherereye iruhande rw’umuryango wo gusohokeramo byihutirwa mu gihe cy’amakuba, uri mu gice cy’imbere y’ibaba ry’ibumoso ry’indege.

Nayan Kumar Ramesh, umugabo uvukana na Ramesh, yabwiye BBC News ko Vishwash Kumar “na we ntazi ukuntu yarokotse” wenyine iyo mpanuka y’indege.

Air India yavuze ko abandi bagenzi bose n’abakozi bo mu ndege bishwe n’iyo mpanuka – barimo n’Abahinde 169 n’Abongereza 52.

Ibitangazamakuru byo mu Buhinde byatangaje uruhushya rwe rumwemerera kwinjira mu ndege (ruzwi nka ‘boarding pass’ cyangwa ‘carte d’embarquement’), rugaragaza izina rye na nimero y’intebe yari yicayemo.

Uwo mucuruzi, wavukiye mu Buhinde ariko ubu akaba aba mu Bwongereza guhera mu mwaka wa 2003, afite umugore n’umwana w’umuhungu w’imyaka ine.

Iyo ndege yakoze impanuka yaguye mu icumbi abaganga bimenyereza umwuga bacumbikamo, nyuma y’igihe kitageze ku munota umwe ihagurutse ku kibuga cy’indege cy’i Ahmedabad muri leta ya Gujarat.

 

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Abasirikare ba Afurika y’Epfo bari mu butumwa bwa SAMIDRC bakiriwe nk’intwari

Abasirikare ba Afurika y'Epfo bari bamaze igihe baroherejwe mu butumwa bw'amahoro bwa…

U Buhinde bwavuze aho buhagaze ku bibazo by’u Rwanda na RDC

Umuyobozi muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Buhinde ushinzwe Afurika y’Iburasirazuba n’iy’Amajyepfo, Shri…

Amerika yifuza ko amasezerano y’amahoro  hagati ya DRC n’u Rwanda yarangira mbere ya  Nyakanga 2025

Amerika yatangaje ko yifuza kubona  u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya…

Iran yarashe ibisasu byinshi muri Israel

Igisirikare cya Israel cyatangaje ko ingabo za Iran zarashe ibisasu bikabakaba 100…

Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye ko kubura Mama we witabye Imana.

Umuhanzi Christian Rukundo Nsengimana uzwi nka Chris Eazy, ari mu gahinda gakomeye…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Aziya

Koreya y’Epfo: Umugore yaciwe amande kubera kumanura ipantalo y’umugabo bakorana

3 Min Read
Aziya

Namibia: Intare yishe mukerarugendo agiye ku bwiherero

1 Min Read
Aziya

U Bushinwa guhangayikishijwe n’Imibare y’abashyingiranwa ikomeje kugabanuka

2 Min Read

UPDATE: Igitero ku butaka bwa Israel cyaguyemo abantu 7

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?