BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jun 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru Nyamukuru > Abanyakenya bari mu myigaragambyo isaba Umuyobozi wungirije wa Polisi kwegura

Abanyakenya bari mu myigaragambyo isaba Umuyobozi wungirije wa Polisi kwegura

sam
Last updated: June 12, 2025 3:19 pm
sam
Share
SHARE

Abanyakenya barakajwe n’urupfu rw’umusore witwa Albert Ojwang wapfiriye muri kasho, bari mu myigaragambyo yo gusaba Umuyobozi wungirije wa Polisi, Eliud Lagat, kwegura.

Ojwang yatawe muri yombi tariki ya 7 Kamena 2025, hashingiwe ku ibwiriza rya Lagat, wamushinjaga guharabika Polisi yifashishije imbuga nkoranyambaga.

Uyu musore wari impirimbanyi y’uburenganzira bw’ikiremwamuntu yabanje gufungirwa muri kasho iri mu karere ka Homa Bay, nyuma ajyanwa i Nairobi, ari na ho yapfiriye ku munsi wakurikiyeho.

Mbere Polisi yavugaga ko Ojwang yiyahuye, ariko ku wa 11 Kamena, raporo y’abaganga basuzumye umurambo we yagaragaje ko yishwe n’inkoni yakubishwe n’abapolisi.

Kuri uyu wa 12 Kamena, Abanyakenya babyukiye mu myigaragambyo, basaba Lagat kwegura, agakurikiranwa n’ubutabera kuko bahamya ko afite uruhare rukomeye mu rupfu rwa Ojwang.

Aba baturage bagiye ku ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko, aho byateganyijwe ko Minisitiri w’Imari, John Mbadi, amurikira ingengo y’imari ya 2025/2026, bagaragaza ko mu gihe Lagat ataregura, ingengo y’imari itamurikwa.

Umuyobozi wa Polisi ya Kenya, Douglas Kanja, yatangaje ko hari abantu batawe muri yombi nyuma y’urupfu rwa Ojwang, kandi ko nibigaragara ko Lagat na we yagize uruhare muri iki cyaha, na we azegura, akurikiranwe n’ubutabera.

Kanja yagize ati “Umuntu wese bizavugwa ko yagize uruhare mu rupfu rwa Albert Ojwang azabazwa. Umuyobozi wungirije wa Polisi navugwa, azegura kugira ngo iperereza rikorwe.”

Umuyobozi w’urwego wa Kenya rushinzwe ubugenzacyaha (DCI), Mohamed Amin, ku wa 11 Kamena yatangaje ko umuyobozi wa sitasiyo ya Polisi Ojwang yapfiriyemo ari we wa mbere ukekwaho icyaha.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Abasirikare ba Afurika y’Epfo bari mu butumwa bwa SAMIDRC bakiriwe nk’intwari

Abasirikare ba Afurika y'Epfo bari bamaze igihe baroherejwe mu butumwa bw'amahoro bwa…

U Buhinde bwavuze aho buhagaze ku bibazo by’u Rwanda na RDC

Umuyobozi muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Buhinde ushinzwe Afurika y’Iburasirazuba n’iy’Amajyepfo, Shri…

Amerika yifuza ko amasezerano y’amahoro  hagati ya DRC n’u Rwanda yarangira mbere ya  Nyakanga 2025

Amerika yatangaje ko yifuza kubona  u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya…

Iran yarashe ibisasu byinshi muri Israel

Igisirikare cya Israel cyatangaje ko ingabo za Iran zarashe ibisasu bikabakaba 100…

Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye ko kubura Mama we witabye Imana.

Umuhanzi Christian Rukundo Nsengimana uzwi nka Chris Eazy, ari mu gahinda gakomeye…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Inkuru Nyamukuru

Ingabo za SADC zari muri DRC zigiye gutaha

1 Min Read
Inkuru Nyamukuru

U Rwanda rwanenze ibihugu by’amahanga bikomeje kuvangira inzira y’amaho rukomeje na DRC

2 Min Read
Inkuru Nyamukuru

U Rwanda rwakiriye inkura zera 70 zavanywe muri Afurika y’Epfo.

2 Min Read
Inkuru Nyamukuru

U Rwanda rugiye kubaka urugomero ruzatanga amashanyarazi mu Rwanda, u Burundi na DRC

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?