BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jun 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru Nyamukuru > U Rwanda rugiye kubaka urugomero ruzatanga amashanyarazi mu Rwanda, u Burundi na DRC

U Rwanda rugiye kubaka urugomero ruzatanga amashanyarazi mu Rwanda, u Burundi na DRC

sam
Last updated: June 10, 2025 12:41 pm
sam
Share
SHARE

Minisiteri y’Ibikorwaremezo yatangaje ko Urugomero rw’Amashanyarazi rwa Rusizi ya Gatatu ruzatangira kubakwa mu 2026, rukaba rwitezweho kwegereza amashanyarazi abaturage bo mu Rwanda, u Burundi na Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo.

Hari hashize imyaka isaga 10, uyu mushinga w’Urugomero rwa Rusizi ya Gatatu uvugwa ariko ukaba wari utarashyirwa mu bikorwa.

Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr Jimmy Gasore, yavuze ko nyuma y’ibiganiro n’inama zitandukanye zagiye zihuza impande zirebwa n’iyubakwa ry’uru rugomero, kuri ubu noneho rugiye kubakwa.

Yavuze ko nirwuzura ruzafasha mu kwegereza amashanyarazi abaturage barenga ibihumbi 300 bo muri ibi bihugu bitatu.

Uru rugomero rwa Rusizi Gatatu ruzubakwa ku Mugezi wa Rusizi ku gice cy’imisozi miremire y’Umurenge wa Nzahaha.

Uru rugomero ruzasanga izindi 2 zubatse ku Mugezi wa Rusizi.

Minisitiri Gasore yavuze ko imyiteguro yo gutangira kubaka uru rugomero igeze kure ku buryo imirimo nyirizina izatangirana n’umwaka utaha.

Uru rugomero rwa Rusizi ya Gatatu, ruzubakwa ku nkunga ya Banki y’ishoramari y’u Burayi, Banki Nyafurika Itsura Amajyambere, Banki y’Isi ndetse n’izindi zitandukanye.

Biteganyijweko ruzuzura rutwaye agera kuri miliyoni 800 z’Amadorali ya Amerika, rukazatanga megawatt 206 zizasaranganywa n’ibi bihugu uko ari bitatu.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye ko kubura Mama we witabye Imana.

Umuhanzi Christian Rukundo Nsengimana uzwi nka Chris Eazy, ari mu gahinda gakomeye…

Uburusiya bwashyizeho itsinda ry’igisirikare rishinzwe gukoresha ’drones’

Ingabo z’u Burusiya zashyizeho itsinda ry’Igisirikare ryihariye, rishinzwe gukoresha ’drones’ no gukurikirana…

RDC: Abantu 32 baguye mu mpanuka y’ubwato

Abantu babarirwa muri 32 baguye mu mpanuka y’ubwato bubiri bwari butwaye abagenzi…

Amajyaruguru: Abakora n’abacuruza inzoga z’inkorano bahagurukiwe

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice yatangaje ko iyo ntara n’iy’Iburengerazuba zigiye guca…

Israel yivuganye abasirikare  bakuru ba Iran mu gitero simusiga yabagabyeho

Kuri uyu wa Gatanu mu masaha y'urukerera, Israel yagabye igitero gikomeye kuri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Inkuru Nyamukuru

Abanyakenya bari mu myigaragambyo isaba Umuyobozi wungirije wa Polisi kwegura

2 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Ingabo za SADC zari muri DRC zigiye gutaha

1 Min Read
Inkuru Nyamukuru

U Rwanda rwanenze ibihugu by’amahanga bikomeje kuvangira inzira y’amaho rukomeje na DRC

2 Min Read
Inkuru Nyamukuru

U Rwanda rwakiriye inkura zera 70 zavanywe muri Afurika y’Epfo.

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?