BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jun 6, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Tanzania yafunze itorero rya Pantekote ryamaganye ishimutwa ry’abantu

Tanzania yafunze itorero rya Pantekote ryamaganye ishimutwa ry’abantu

sam
Last updated: June 4, 2025 8:51 am
sam
Share
SHARE

Minisitireri y’Umutekano w’Imbere muri Tanzania yafunze insengero z’itorero rya Pantekote ryitwa Glory of Christ Church nyuma y’aho Umushumba waryo akaba n’umudepite, Josephat Gwajima, yamaganye ishimutwa ry’abantu rikomeje muri iki gihugu.

Iyi Minisiteri yasobanuye ko iri torero ryafunzwe kubera ko ryamamaza ubutumwa bukangurira abantu kwigumura kuri Leta, kandi ko bubangamira umutekano w’igihugu.

Insengero z’iri torero zikimara gufungwa, abayoboke baryo bagiye gusengera mu mihanda, hoherezwa abapolisi, bahangana hifashishijwe imyuka iryana mu maso ndetse n’amabuye. Ikinyamakuru The Citizen cyasobanuye ko hari abatawe muri yombi.

Gwajima aherutse kuvuga ko ishimutwa ry’abantu riri kuba muri iki gihe ritigeze ribaho mu gihe cy’ubutegetsi bwa Mwalimu Julius Nyerere ndetse na Dr. John Pombe Magufuli, ahamya ko yashoboye kubarura abagera kuri 83 bashimuswe.

Yagize ati “CCM ku bwa Nyerere, yewe na Magufuli, ntabwo yigeze ishyigikira ishimutwa ry’abantu. Abari kubikora bafite impamvu zabo bwite. Navuze abantu 83, bamwe baburiwe irengero, abandi barapfuye. Umuyobozi wa Polisi n’abandi bari munsi ye bashyirwaho na Perezida Suluhu. Ko abantu bari gushimutwa, ntibongere kuboneka, ni ibiki biri kuba muri iki gihugu?”

Uyu Mushumba yavuze ko abantu badakwiye guceceka mu gihe hari ababurirwa irengero kuko nta we bitabaho, ati “Abantu bari kuburirwa irengero. Kandi nukomeza guceceka, ntabwo uzi niba ari wowe uzakurikiraho. Yewe na ba Sheikh bari gukurwa mu ngo zabo, bakagaragara bapfuye. Ni nde uzakurikiraho?”

Nyuma yo gufunga izi nsengero, Gwajima yarahiye ko atazigera acecekeshwa mu gihe abantu bakomeza gushimutwa muri Tanzania. Yasabye abayoboke kwitabira amasengesho y’iminsi irindwi muri izi nsengero.

Glory of Christ Church ni rimwe mu matorero manini ari muri Tanzania. Ifite icyicaro gikuru i Dar es Salaam n’amashami arenga 2000 hirya no hino mu gihugu.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Billy Joel yahishuye ko yagerageje kwiyahura inshuro ebyiri

Umuririmbyi w’Umunyamerika Billy Joel, wamamaye mu bihangano bikomeye byagiye bivugwa cyane ku…

U Burusiya bwagabye igitero cya drones i Kyiv gihitana bane

U Burusiya bwagabye igitero cy’indege zitagira abapilote (drones) hirya no hino muri…

Inzira zabyaye amahari hagati ya perezida Trump n’umuherwe Elon Musk

Hari intambara ikomeye hagati y'umuntu wa mbere utunze kurusha abandi kw'isi n'umunyaporitike…

Umuriro watse hagati y’u Burusiya n’u Bwongereza

Ambasaderi w’u Burusiya mu Bwongereza yashinje iki gihugu uruhare mu bitero bya…

Martin Fayulu yahuye na perezida Tshisekedi amusaba ibiganiro n’Abakongomani

Kuri uyu wa Kane tariki 5 Kamena , Martin Fayulu utavuga rumwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Edgar wabaye perezida wa Zambia yitabye Imana ku myaka 68

1 Min Read
Mu mahanga

Abasirikare ba RDC babujijwe gushaka bataramaramo imyaka irindwi

2 Min Read
Mu mahanga

Tanzania yafunze urubuga rwa X irushinja gukwirakwiza amashusho y’ubusambanyi

1 Min Read
Mu mahanga

DRC: Minisitiri w’ubutabera yavuye kwizima yitaba ubushinjacyaha

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?