BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jun 6, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru Nyamukuru > U Rwanda rugiye gufungura Ambasade muri Aligerie

U Rwanda rugiye gufungura Ambasade muri Aligerie

sam
Last updated: June 4, 2025 6:24 am
sam
Share
SHARE

Mu bihe biri imbere, Guverinoma y’u Rwanda yiteguye gufungura Ambasade i Algiers muri Algeria, yitezweho kurushaho gufasha ibihugu byombi kwimakaza ubutwererane mu bya dipolomasi no kwagura ubufatanye mu bukungu n’izindi nzego.

Perezida w’u Rwanda uri muruzinduko muri iki gihugu yabikomojeho ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru ku wa 03 Kamena 2025, afatanyije na mugenzi we wa Algérie, Abdelmadjid Tebboune.

Perezida Kagame yageze muri Algérie kuri uyu wa Kabiri aho aba bayobozi bombi basinyanye amasezerano agera kuri 11agamije kurushaho kunoza ubutwererane.

Muri ayo masezerano harimo ajyanye n’ikoranabuhanga, kwimakaza guhanga imirimo, guhanga ibishya, guteza imbere ishoramari, gukora imiti n’ibindi bikoresho byo kwa muganga, ay’uburezi bw’amashuri makuru na kaminuza, ajyanye n’ubutabera mbonezamubano n’ubucuruzi, ubwikorezi bwo mu kirere, imyuga n’ubumenyi ngiro ndetse n’ubufatanye bwa Polisi z’ibihugu byombi.

Amasezerano y’ubutwererane mu by’ikoranabuhanga yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inkvasiyo Ingabire M. Paula, na Minisiriri w’Ikoranabuhanga wa Algeria Sid Ali Zerrouki.

Abo bayobozi kandi ni na bo bashyize umukono ku masezerano yibanda ku guhanga imirimo, guhanga ibishya no kubaka ubukungu bushingiye ku ikoranabuhanga.

Algérie n’u Rwanda bifitanye imikoranire mu bijyanye n’umutekano ndetse n’uburezi kuko hari abanyeshuri bava mu Rwanda bajya kwiga muri iki gihugu.

Umubano w’ibihugu byombi uri mu nzego zirimo ubuzima, ubucuruzi, ishoramari, umutekano, uburezi n’izindi.

Mu mpera z’umwaka ushize, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe, yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Algérie, Ahmed Attaf, bahuriye i Sochi mu Burusiya, byibanze ku mubano w’ibihugu byombi.

 

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Billy Joel yahishuye ko yagerageje kwiyahura inshuro ebyiri

Umuririmbyi w’Umunyamerika Billy Joel, wamamaye mu bihangano bikomeye byagiye bivugwa cyane ku…

U Burusiya bwagabye igitero cya drones i Kyiv gihitana bane

U Burusiya bwagabye igitero cy’indege zitagira abapilote (drones) hirya no hino muri…

Inzira zabyaye amahari hagati ya perezida Trump n’umuherwe Elon Musk

Hari intambara ikomeye hagati y'umuntu wa mbere utunze kurusha abandi kw'isi n'umunyaporitike…

Umuriro watse hagati y’u Burusiya n’u Bwongereza

Ambasaderi w’u Burusiya mu Bwongereza yashinje iki gihugu uruhare mu bitero bya…

Martin Fayulu yahuye na perezida Tshisekedi amusaba ibiganiro n’Abakongomani

Kuri uyu wa Kane tariki 5 Kamena , Martin Fayulu utavuga rumwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Inkuru Nyamukuru

U Rwanda ana Algeria byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu nzego zitandukanye

2 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame yasuye Abanyarwanda batanu biga ‘AI’ muri Algérie

3 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame ari muri Algeria ku butumire bwa mugenzi we Abdelmadjid

2 Min Read
Inkuru Nyamukuru

AFC/M23 yanyuzwe n’ibiganiro yagiranye na Joseph Kabila

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?