BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Jun 1, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Gen Mubarakh Muganga na bagenzi be bo muri Afurika bahuriye muri Kenya

Gen Mubarakh Muganga na bagenzi be bo muri Afurika bahuriye muri Kenya

sam
Last updated: May 29, 2025 8:57 am
sam
Share
SHARE

Umugaba Mukuru w’ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, yitabiriye inama y’abagaba bakuru b’ingabo bo muri Afurika iri kubera muri Kenya kuva ku wa 29 Gicurasi 2025.

Iyi nama yatangijwe ku mugaragaro na Perezida Dr. William Samoei Ruto wa Kenya, yitabiriwe n’abagaba bakuru bo mu bihugu 38 ndetse n’abasirikare bakuru bayobora ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika zikorera muri Afurika.

Perezida Ruto yagaragaje iyi nama ari ikimenyetso cy’ubushake ibihugu bya Afurika bifite bwo kwifatanya mu gukemura ibibazo bibangamiye mu rwego rw’umutekano.

Ati “Iyo igihugu cyangwa akarere bicitse intege, ingaruka zambukiranya imipaka, bigahungabanya imibereho, ubukungu ndetse n’ubundi buryo bw’iterambere. Umutekano nyakuri muri Afurika ukwiye kuba mu migambi y’umugabane kandi ukagerwaho binyuze mu bufatanye.”

Umuyobozi w’ingabo za Amerika zikorera muri Afurika, Gen Michael Langley yagaragaje ko umuco w’ubufatanye bw’ibihugu bya Afurika mu gukemura ibibangamiye umutekano ukwiye gukomeza.

Ati “Ni ngombwa gukomeza uwo muco, hagashimangirwa akamaro ka gahunda iyobowe na Afurika yo guhangana n’ibibangamiye umutekano bihuriweho.”

Inama y’abagaba bakuru b’ingabo zo muri Afurika yatangijwe na Amerika mu 2017. Ni ubwa kabiri ibereye kuri uyu mugabane kuko iya mbere yabereye muri Botswana muri Kamena 2024.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanyuzwe n’ibiganiro yagiranye na Joseph Kabila

Ihuriro rya politiki n’ingabo rya AFC/M23 ryatangaje ko ryagiranye ibiganiro byubaka na…

Namibia: Intare yishe mukerarugendo agiye ku bwiherero

Mu gihe yari mu biruhuko mu nkambi y’ubukerarugendo muri Namibia, umukerarugendo w’imyaka…

AFC/M23 yamaganye Leta ya Kinshasa isoresha ibicuruzwa biva i Goma nk’ibituruka mu mahanga

Ihuriro AFC/M23 ryashinje ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gutandukanya ubutaka…

Loni iratabariza abaturage ba Gaza bugarijwe n’inzara 100%

Umuryango w’Abibumbye Loni uratanga impuruza ko abaturage ba Gaza 100% bugarijwe n’inzara…

Nangaa yahishuye abagize uruhare mu kwibira Tshisekedi amajwi

Umuyobozi w’ihuriro AFC/M23, Corneille Nangaa, yahishuye ko umuryango mpuzamahanga wagize uruhare mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Museveni yasobanuye ubufasha Mobutu yahaye Habyarimana bwabyaye ingaruka z’umutekano muke w’akarere uyu munsi

3 Min Read
Politike

Museveni ahamya ko Leta ya RDC ifite uruhare mu mutekano wazambye

2 Min Read
Politike

Kabila yaganiriye n’abayobozi ba AFC/M23

2 Min Read
Politike

Gen (Rtd) Kabarebe yahagarariye u Rwanda mu nama y’umutekano wa RDC n’akarere i Kampala

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?