BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Museveni ahamya ko Leta ya RDC ifite uruhare mu mutekano wazambye

Museveni ahamya ko Leta ya RDC ifite uruhare mu mutekano wazambye

sam
Last updated: May 29, 2025 8:54 am
sam
Share
SHARE

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yahamije ko ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bufite uruhare mu mutekano wazambye mu gice cy’uburasirazuba.

Ni igitekerezo uyu Mukuru w’Igihugu yatanze ku wa 28 Gicurasi 2025, ubwo yatangiraga kuyobora urwego rushinzwe gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro, umutekano ndetse n’ubufatanye bwa RDC n’akarere, yashyizweho umukono mu 2013.

Byari byitezwe ko aya masezerano yashyizweho umukono n’ibihugu 13 byo muri Afurika azafasha uburasirazuba bwa RDC kubona amahoro n’umutekano vuba, ariko nyuma y’imyaka 12, ibintu byarushijeho kuba bibi.

Ubu ntabwo Leta ya RDC igenzura igice kinini cy’intara ya Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo, kuko yacyambuwe n’umutwe witwaje intwaro wa M23, wubuye imirwano mu Ugushyingo 2021 nyuma y’imyaka umunani abahoze ari abarwanyi bawo bahunze.

Museveni yagaragaje ko ikibazo cy’umutekano muke mu burasirazuba bwa RDC cyakemuka, ariko ko mu myaka myinshi ishize, cyakomeje kubaho bitewe n’uko Leta itaganiriye bihagije n’Abanye-Congo, ikanishingikiriza cyane ubufasha buva hanze y’amahanga.

Ati “Mu myaka myinshi ishize, Congo yahuye n’ibibazo bikomeye birimo: kutaganira bihagije n’abaturage no kwishingikiriza cyane ku bufasha buva hanze y’igihugu.”

Mu gihe cyose M23 yafataga uduce two mu burasirazuba bwa RDC, yibutsaga Leta ndetse n’amahanga ko ishaka kujya mu biganiro bitaziguye bigamije gukemura impamvu muzi z’umutekano muke zirimo ihohoterwa rikorerwa abavuga Ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi.

Leta ya RDC yari yarinangiye, ahubwo ifata icyemezo cyo gukorana n’imitwe yitwaje intwaro yibumbiye muri Wazalendo, ingabo zo mu muryango wa Afurika y’amajyepfo (SADC), ingabo z’u Burundi ndetse n’abacancuro b’Abanyaburayi, gusa na bwo yakomeje gutsindwa.

Amasezerano yo mu 2013 yasabaga RDC gukora impinduka zifatika mu rwego rw’umutekano, kwegereza abaturage ubuyobozi, gukora amavugurura mu nzego za Leta, kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge no kuvugurura imiyoborere by’umwihariko mu burasirazuba.

Museveni yasobanuye ko Uganda na yo yigeze kugira ikibazo nk’icyo uburasirazuba bwa RDC bufite ubu, ariko ko yagikemuye mu buryo bwiza. Yagaragaje ko afite icyizere ko na RDC izabona amahoro, ibifashijwemo n’akarere.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Abarimu batazi Icyongereza ntibazirukanwa, bazahugurwa- MINEDUC

Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), yavuze ko hari abarimu n’abayobozi b’ibigo bahuguwe ndetse hakiri…

RURA yafatiye MTN Rwanda ibihano 

Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ko rwafatiye ibihano byo mu rwego rw'ubutegetsi Sosiyete…

Mutamba yasabye ko Minisitiri w’Intebe ahamagazwa mu rubanza rwe

Constant Mutamba Tungunga wabaye Minisitiri w’Ubutabera wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

Amatora ya FERWAFA ntavugwaho rumwe n’abagize komite nyobozi

Bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse…

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?