BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, May 22, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Minisitiri w’Ubuhinzi w’u Buyapani yeguye nyuma yo kuvuga ko atunzwe n’umuceri w’ubuntu

Minisitiri w’Ubuhinzi w’u Buyapani yeguye nyuma yo kuvuga ko atunzwe n’umuceri w’ubuntu

sam
Last updated: May 22, 2025 6:45 am
sam
Share
SHARE

Minisitiri w’Ubuhinzi w’u Buyapani, Taku Eto, yeguye ku mirimo ye nyuma yo kuvuga ko “atajya agura umuceri”, mu gihe igihugu kiri guhangana n’ibura ry’umuceri n’izamuka ry’ibiciro byawo.

Taku Eto yagejeje ibaruwa ye y’ubwegure ku Minisitiri w’Intebe Shigeru Ishiba kuri uyu wa Gatatu, nyuma yo gutangaza ibyo ku cyumweru mu biganiro byabereye mu mwiherero w’ishyaka rye.

Uyu muyobozi yavuze ko asanzwe ahabwa umuceri n’abamushyigikiye, bityo akaba nta mpamvu yo kuwigurira.

Aya magambo ye yahise atuma abaturage benshi bamwibasira cyane, bavuga ko atita ku bibazo by’abaturage bugarijwe n’ubuzima buhenze.

Aganira n’itangazamakuru nyuma yo gushyikiriza Minisitiri w’Intebe ibaruwa y’ubwegure, Eto yagize ati “Navuze amagambo atari akwiriye, cyane cyane muri iki gihe abaturage bahangayikishijwe n’izamuka ry’ibiciro by’umuceri.”

“Nabajije umutima wanjye niba bikwiye gukomeza kuyobora Minisiteri y’Ubuhinzi muri ibi bihe bikomeye igihugu kirimo ku bijyanye n’ibiciro by’umuceri, nza gusanga bidakwiriye. Ndongera nsabe imbabazi abaturage ku magambo navuze atari akwiye nk’umuyobozi, mu gihe bo bari guhangana n’ubuzima bukomeye.”

Amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi yari yateye igitutu kuri Eto amusaba kwegura bitarenze ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, anaburirwa ko nabyanga bazamushyiraho itora ryo kumutakariza icyizere.

U Buyapani bumaze igihe buhanganye n’ikibazo cy’ibura ry’umuceri nyuma y’uko ihindagurika ry’ikirere rizananye ubushyuhe bukabije mu 2023, bikagira ingaruka mbi ku musaruro w’umuceri.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwakiriye icyiciro cya gatatu cy’Abanyarwanda barenga 600 bari barafashwe bugwate na FDLR

U Rwanda rwakiriye icyiciro cya 3 cy’Abanyarwanda  642 bari impunzi muri Repubulika…

Vincent Murekezi yasabye amezi atatu yo gushaka umwunganira nyuma y’uko uwo yari afite yikuye mu rubanza

Vincent Murekezi uregwa ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 akekwaho kuba…

U Rwanda n’u Bufaransa baganiriye ku kibazo cy’umutekano mu karere

Leta y’u Rwanda n’iy’u Bufaransa baganiriye ku bijyanye n’ubufatanye ndetse n’ibibazo by’umutekano…

Abakozi babiri ba Ambasade ya Israel barasiwe i Washington DC

Ku mugoroba wo ku wa Gatatu, abakozi babiri bo muri Ambasade ya…

Minisitiri w’Ubuhinzi w’u Buyapani yeguye nyuma yo kuvuga ko atunzwe n’umuceri w’ubuntu

Minisitiri w’Ubuhinzi w’u Buyapani, Taku Eto, yeguye ku mirimo ye nyuma yo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Matata Ponyo wabaye Minisitiri w’intebe wa DRC yakatiwe imirimo y’agahato kubera ruswa

2 Min Read
Mu mahanga

Igisirikare cya Sudani kivuga ko cyirukanye burundu umutwe wa RSF muri leta ya Khartoum

2 Min Read
Mu mahanga

Perezida Ndayishimiye yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru Lt.Gen.Gervais Ndirakobuca

1 Min Read
Mu mahanga

Joseph Kabila wabaye perezida wa DRC yahamagajwe na Sena  i Kinshasa

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?