BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Jun 1, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Umutekano > AFC/ M23 yaciye ibiyobyabwenge mu mujyi wa Goma

AFC/ M23 yaciye ibiyobyabwenge mu mujyi wa Goma

sam
Last updated: May 15, 2025 7:22 am
sam
Share
SHARE

Ihuriri AFC/ M23 nyuma yo kwigarurira umujyi wa Goma no kugarura umutekano wawo, yafashe icyemezo cyo guca burundu icuruzwa ry’ibiyobyabwenge ndetse n’ibinyobwa biri mu macupa ya mililitiro 300 muri uyu mujyi.

Byatangajwe n’umuyobozi w’umujyi wa Goma Julien Ndalieni Katembo mu nama yamuhuje n’abaturage kuri uyu wa 14 Gicurasi 2025, asobanura ko iki cyemezo kigamije gusubiza RDC agaciro kayo.

Yagize ati: “Intego y’ubu buyobozi ni ukugarura agaciro ka Congo (RDC). Igihugu cyubahwe ahantu hose. Igihe tuzagarura umutekano mu gihugu, tuzagenda, dusigire abato igihugu gifite itoto. Ese tuzabasigira igihugu cy’abasinzi? Niba uzi ko ubonera ubuzima mu gucuruza urumogi, byihorere.”

Meya Ndalieni yabwiye abaturage ko ibi biyobyabwenge bituma urubyiruko rugira imyitwarire idahwitse muri sosiyete ndetse no ku mashuri bigaho.

Uyu muyobozi yasobanuye ko inzoga zemewe mu mujyi wa Goma ari izibikwa mu macupa gusa, ati “Inzoga yemewe ni iyihe? Ni ishyirwa mu icupa. Si ishyirwa mu masashi, iyo ntidushaka kongera kuyibona. Kubera ko iyo abanyeshuri bagiye kwiga, bagashyira Chief mu mufuka, bagira imyitwarire mibi, bagateza akavuyo mu ishuri.”

Yakomeje ati: “Icupa rya pulasitiki twemeranyije ni irya mililitiro 300 kuzamura, si iriri munsi yazo.”

AFC/ M23 ikomeje gukora ibikorwa birimo ibyo kugarura umutekano muri uyu mujyi aho hamaze gufatwa amagana y’abahungabanya umutekano wawo ndetse n’ikengero zawo barimo FDLR , Wazalendo na FARDC.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanyuzwe n’ibiganiro yagiranye na Joseph Kabila

Ihuriro rya politiki n’ingabo rya AFC/M23 ryatangaje ko ryagiranye ibiganiro byubaka na…

Namibia: Intare yishe mukerarugendo agiye ku bwiherero

Mu gihe yari mu biruhuko mu nkambi y’ubukerarugendo muri Namibia, umukerarugendo w’imyaka…

AFC/M23 yamaganye Leta ya Kinshasa isoresha ibicuruzwa biva i Goma nk’ibituruka mu mahanga

Ihuriro AFC/M23 ryashinje ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gutandukanya ubutaka…

Loni iratabariza abaturage ba Gaza bugarijwe n’inzara 100%

Umuryango w’Abibumbye Loni uratanga impuruza ko abaturage ba Gaza 100% bugarijwe n’inzara…

Nangaa yahishuye abagize uruhare mu kwibira Tshisekedi amajwi

Umuyobozi w’ihuriro AFC/M23, Corneille Nangaa, yahishuye ko umuryango mpuzamahanga wagize uruhare mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Umutekano

Amnesty International yashinjije AFC / M23 ibyaha by’intambara bikorerwa  abasivili mu burasirazuba bwa DRC

2 Min Read
Umutekano

Afurika y’Epfo yahakanye amakuru y’uko u Rwanda ruzambura abasirikare bayo intwaro bwite

1 Min Read
Umutekano

AFC/M23 yatabarije Abanyamurenge bakomeje gukorerwa jenoside

2 Min Read
Umutekano

DRC:  Umushahara w’abasirikare ba FARDC bari ku rugamba muri Kivu y’Amajyepfo waranyerejwe

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?