BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, May 21, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Fizi: Abarenga 110 bahitanwe  n’umwuzure

Fizi: Abarenga 110 bahitanwe  n’umwuzure

sam
Last updated: May 12, 2025 11:18 am
sam
Share
SHARE

Ubuyobozi bwa teritwari ya Fizi, intara ya Kivu y’Amajyepfo mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwatangaje ko umwuzure wibasiye umudugudu wa Kasaza wishe abarenga 110.

Uyu mwuzure waturutse ku mvura y’amahindu yaguye muri Fizi mu ijoro ryo ku wa 8 rishyira uwa 9 Gicurasi 2025. Yatumye amazi yo mu Kiyaga cya Tanganyika aba menshi, yinjira mu nzu z’abaturage ba Kasaza acyegereye.

Umuyobozi wa Fizi, Samy Kalonji, yatangaje ko abandi bantu barenga 40 bakomerekeye muri uyu mwuzure, inzu 150 zirasenyuka. Ubu hari abantu babarirwa muri 850 bo muri Kasaza badafite aho barara.

Kalonji yasabye ubuyobozi ku rwego rw’igihugu n’intara gufasha Fizi gushyingura mu cyubahiro abapfuye, kuko kugeza hari imirambo myinshi itarabonerwa amasanduku yo kuyishyiramo.

Yagize ati “Turasaba ubuyobozi ku rwego rw’igihugu n’intara ko bwadufasha gushyingura mu cyubahiro abavandimwe na bashiki bacu twabuze. Imirambo myinshi iracyari hasi. Dukeneye amasanduku n’ubufasha kugira ngo tuyishyingure mu cyubahiro.”

Uyu muyobozi kandi yasabye Leta n’imiryango y’ubutabazi gufasha abaturage badafite aho barara, ibyo kurya ndetse n’imiti.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Ubushinjacyaha bwasabiye Constant Mutamba gukurwaho ubudahangarwa kugira ngo atabwe muri yombi

Ubushinjacyaha bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwasabye Inteko Ishinga Amategeko kwambura…

Uganda: inkiko za gisirikare zigiye kujya ziburanisha abasivile

Inteko Ishinga Amategeko muri Uganda yatoye itegeko riha ububasha inkiko za gisirikare…

Umugore wa Joe Biden agiye kujyanwa mu nkiko kubera kutita ku mugabo we

Jill Biden umugore w’uwahoze ari perezida wa leta  zunze ubumwe za Amerika…

Matata Ponyo wabaye Minisitiri w’intebe wa DRC yakatiwe imirimo y’agahato kubera ruswa

Urukiko rushinzwe kurengera Itegeko Nshinga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwakatiye…

Umugore wibarutse akigera mu Rwanda avuye mu menyo ya FDLR, yahawe ibikoresho

Muhawenimana Ntagisanimana w’imyaka 24, ni umwe mu banyarwanda 1,165 bari barafashwe bugwate…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Igisirikare cya Sudani kivuga ko cyirukanye burundu umutwe wa RSF muri leta ya Khartoum

2 Min Read
Mu mahanga

Perezida Ndayishimiye yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru Lt.Gen.Gervais Ndirakobuca

1 Min Read
Mu mahanga

Joseph Kabila wabaye perezida wa DRC yahamagajwe na Sena  i Kinshasa

1 Min Read
Mu mahanga

CENCO yanenze leta ya Kinshasa gufunga bank n’ibibuga by’indege mu bice AFC/M23 igenzura

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?