BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, May 21, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru Nyamukuru > U Rwanda  na  RDC bigiye gusinyira amasezerano y’amahoro imbere ya Trump

U Rwanda  na  RDC bigiye gusinyira amasezerano y’amahoro imbere ya Trump

sam
Last updated: May 2, 2025 6:40 am
sam
Share
SHARE

U Rwanda,Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, byemeranyije ko amasezerano y’amahoro azasinywa muri Kamena, mu muhango uzabera muri White House imbere ya Perezida Trump.

Byitezwe ko aya masezerano azashyirwaho umukono na Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame na mugenzi we wa RDC, Félix Tshisekedi.

Ni nyuma y’uko tariki 25 Mata 2025 impande zombi zibifashijwemo na leta zunze ubumwe za Amerika zasinye amasezerano agena amahame y’ibanze yo gukemura mu buryo burambye ikibazo cy’umutekano muke mu Karere ka Afurika y’Ibiyaga Bigari

Aya masezerano yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe na Thérèse Kayikwamba Wagner wa RDC na Mugenzi wabo wa Amerika, Marco Rubio, wari umuhuza.

Iyo nyandiko yiswe ‘Declaration of Principles’, igizwe n’ingingo esheshatu, zirimo irebana no kubaha Ubusigire bwa buri Gihugu n’imiyoborere yacyo (Souvereignty, Territory Integrity, and Governance), impungenge mu by’umutekano (Security Concerns), ibijyanye n’imikoranire mu by’ubukungu mu karere (Regional Economic Integration Framework).

Hari kandi ingingo irebana no gucyura abakuwe mu byabo muri DRC ndetse n’abahunze Igihugu (Return of IDPS and Refugees), ibirebana n’ingabo za MONUSCO n’iz’akarere (MONUSCO and Regional Forces and Mechanisms), ndetse n’ibijyanye n’ubwumvikane bw’amahoro (Peace Agreement).

Amb. Olivier Nduhungirehe, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, yatangaje ko none kuri uyu wa Gatanu, ari bwo impande zirebwa n’aya masezerano, zigomba gutanga imbanzirizamushinga y’aya masezerano, ubundi akazasinywa mu kwezi gutaha.

Yagize ati “Yego ni byo twumvikanyeho. Amasezerano y’ibanze kuri uyu wa Gatanu, gusinya muri Kamena muri White House.”

Amakuru avuga ko nihamara gutangwa inyandiko zikubiyemo imbanzirizamushinga z’aya masezera, Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio, azongera ahure na bagenzi be, Amb. Olivier Nduhungirehe na Thérèse Kayikwamba Wagner, kugira ngo hasuzumwe hanemezwe iyi mbanzirizamushinga.

Nanone kandi ku wa Gatatu w’iki cyumweru, intuma zoherejwe n’u Rwanda, DRC, zahuriye i Doha muri Qatar n’iziturutse muri Leta Zunze Ubumwe za America n’u Bufaransa, ndetse no muri Togo nk’Igihugu cyahawe inshingano z’ubuhuza n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Ubushinjacyaha bwasabiye Constant Mutamba gukurwaho ubudahangarwa kugira ngo atabwe muri yombi

Ubushinjacyaha bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwasabye Inteko Ishinga Amategeko kwambura…

Uganda: inkiko za gisirikare zigiye kujya ziburanisha abasivile

Inteko Ishinga Amategeko muri Uganda yatoye itegeko riha ububasha inkiko za gisirikare…

Umugore wa Joe Biden agiye kujyanwa mu nkiko kubera kutita ku mugabo we

Jill Biden umugore w’uwahoze ari perezida wa leta  zunze ubumwe za Amerika…

Matata Ponyo wabaye Minisitiri w’intebe wa DRC yakatiwe imirimo y’agahato kubera ruswa

Urukiko rushinzwe kurengera Itegeko Nshinga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwakatiye…

Umugore wibarutse akigera mu Rwanda avuye mu menyo ya FDLR, yahawe ibikoresho

Muhawenimana Ntagisanimana w’imyaka 24, ni umwe mu banyarwanda 1,165 bari barafashwe bugwate…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame yitabiriye inama Mpuzamahanga yiga ku Mutekano muri Afurika (ISCA).

1 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Amerika yashyikirije u Rwanda na DRC umushinga w’amasezerano y’amahoro

1 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame yitabiriye inama ya Africa CEO Forum muri Côte d’Ivoire

2 Min Read
Amerika

Cardinal Robert Prevost yatorewe kuba Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi.

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?