BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, May 22, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Icyamamare mu muziki John Legend yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

Icyamamare mu muziki John Legend yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

sam
Last updated: February 24, 2025 3:20 pm
sam
Share
SHARE

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 24 Gashyantare 2025, umuhanzi w’icyamamare John Legend n’itsinda bazanye mu Rwanda basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi bunamira inzirakarengane zihashyinguye zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Hamwe n’itsinda bari kumwe, aho ku Rwibutso basobanuriwe uko Jenoside yateguwe, uko yashyizwe mu bikorwa n’uburyo yahagaritswe.

Iryo tsinda ryagize amahirwe yo kumenya byinshi ku mpamvu n’ingaruka zatewe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ndetse n’inkuru zidasanzwe zigaruka ku kwiyubaka nyuma ya Jenoside.

Uwo muhanzi w’icyamamare, John Legend ni umwe mu bazwi mu ruhando rwa muzika muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika no ku Isi, ari i Kigali n’itsinda ryamuherekeje mu gitaramo cya Move Afrika gitegurwa n’Umuryango Global Citizen.

Legend yasusurukije abitabiriye igitaramo cya Move Afrika cyabaye ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki ya 21 Gashyantare 2025, cyateguwe n’Umuryango mpuzamahanga uvuganira abaturage, ugamije kurandura ubukene, Global Citizen; ku bufatanye n’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, (RDB).

John Legend yaririmbye indirimbo zirimo Start a Fire, No Other Love, Who do You Think We Are, ‘Love Me Now’,n’izindi by’umwihariko ‘All of Me’ iri mu zatumye arushaho kumenyekana hirya no hino ku Isi.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Abakozi babiri ba Ambasade ya Israel barasiwe i Washington DC

Ku mugoroba wo ku wa Gatatu, abakozi babiri bo muri Ambasade ya…

Minisitiri w’Ubuhinzi w’u Buyapani yeguye nyuma yo kuvuga ko atunzwe n’umuceri w’ubuntu

Minisitiri w’Ubuhinzi w’u Buyapani, Taku Eto, yeguye ku mirimo ye nyuma yo…

Bishop Gafaranga yagejejwe imbere y’urukiko

Habiyaremye Zacharie uzwi nka Bishop Gafaranga ukurikiranyweho ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina,…

Rubavu: Polisi yafashe ibilo 500 by’ifumbire mvaruganda yari igiye kugurishwa mu buryo bwa magendu mu gihugu cy’abaturanyi

Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano mu Karere ka Rubavu,…

Ubushinjacyaha bwasabiye Constant Mutamba gukurwaho ubudahangarwa kugira ngo atabwe muri yombi

Ubushinjacyaha bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwasabye Inteko Ishinga Amategeko kwambura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Rihanna yahishuye ko atwite inda y’umwana wa gatatu

1 Min Read
Imyidagaduro

Perezida Evariste Ndayishimiye yongeye kuvuga ko u Rwanda rufite umugambi wo gutera igihugu cye

2 Min Read
Imyidagaduro

Perezida Museveni yateye inkunga igitaramo cya The Ben i Kampala

1 Min Read
Imyidagaduro

CNN yashinjwe guhindura amashusho ya Diddy akubita Cassie bahoze bakundana

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?