BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, May 22, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Goma:  Uwarashe umuhanzi Delcat Idengo akomeje kuba urujijo

Goma:  Uwarashe umuhanzi Delcat Idengo akomeje kuba urujijo

sam
Last updated: February 14, 2025 9:54 am
sam
Share
SHARE

Ku mbuga nkoranyambaga hakomeje gukwirakizwa amashusho y’umuhanzi Delcat Idengo amugaragaza aryamye hasi bisobanurako yitabye imana arashwe .

Amakuru y’urupfu rwa Idengo yamenyekanye ku mugoroba wo ku wa 13 Gashyantare 2025, umurambo we wagaragaye yambaye impuzankano y’igisirikare cya FARDC mu gace ka Virunga i Goma.

Amakuru avuga ko abarashe uyu muhanzi bari bambaye impuzankano ya gisirikare, gusa ntibizwi niba yaba yarashwe n’umutwe wa M23 kuri ubu ugenzura Umujyi wa Goma cyangwa ibyitso by’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Lawrence Kanyuka, Umuvugizi wa M23 mu rwego rwa politiki, yatangaje ko urupfu rwa Idengo rwashyizwe ku ngabo za M23 ari ibihuha birimo gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga, akaba yahamagariye Abasirikare ba FARDC ndetse na Wazalendo bivanze n’abatuge kwishyikiriza mu amaboko y’inzego z’umutekano.

Yagize ati “Turabahamagarira kwishyikiriza no gutanga intwaro bafite bakaziha inzego z’umutekano zacu.”

Mu mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, bivugwa ko hari abasirikare ba FARDC biyambuye imuzangano zabo bakivanga mu basivili ndetse n’urubyiruko rwa Wazalendo rwanze kuva ku izima nyuma y’aho ingabo za M23 zifatiye Umujyi wa Goma, bakaba bashobora guhungabanya umutekano w’abatuye i Goma.

Uyu muhanzi yari amaze igihe afungiye muri gereza ya Munzenze iri mu mujyi wa Goma, akaba yarafunguwe ku wa 27 Mutarama ubwo umutwe wa M23 wigaruriraga umujyi wa Goma abanyururu bagatoroka Gereza.

Uyu muhanzi yari yarakatiwe imyaka 10 y’igifungo, nyuma yo gukora ibihangano byagiye binenga ubutegetsi bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi.

Muri byo harimo indirimbo yise ‘Gouvernement des Fous’ inegura cyane Tshisekedi na Leta ye.

Urupfu rw’uyu muhanzi ruje nyuma kandi y’uko kuri uyu Wa kane Umutwe wa M23 washinje ingabo za Leta kurasa mu baturage batuye muri Karehe ho muri Kivu y’amajyepfo ikoresheje indege ikica abasivili icumi ndetse abandi benshi bagakomereka.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Abakozi babiri ba Ambasade ya Israel barasiwe i Washington DC

Ku mugoroba wo ku wa Gatatu, abakozi babiri bo muri Ambasade ya…

Minisitiri w’Ubuhinzi w’u Buyapani yeguye nyuma yo kuvuga ko atunzwe n’umuceri w’ubuntu

Minisitiri w’Ubuhinzi w’u Buyapani, Taku Eto, yeguye ku mirimo ye nyuma yo…

Bishop Gafaranga yagejejwe imbere y’urukiko

Habiyaremye Zacharie uzwi nka Bishop Gafaranga ukurikiranyweho ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina,…

Rubavu: Polisi yafashe ibilo 500 by’ifumbire mvaruganda yari igiye kugurishwa mu buryo bwa magendu mu gihugu cy’abaturanyi

Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano mu Karere ka Rubavu,…

Ubushinjacyaha bwasabiye Constant Mutamba gukurwaho ubudahangarwa kugira ngo atabwe muri yombi

Ubushinjacyaha bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwasabye Inteko Ishinga Amategeko kwambura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Rihanna yahishuye ko atwite inda y’umwana wa gatatu

1 Min Read
Imyidagaduro

Perezida Evariste Ndayishimiye yongeye kuvuga ko u Rwanda rufite umugambi wo gutera igihugu cye

2 Min Read
Imyidagaduro

Perezida Museveni yateye inkunga igitaramo cya The Ben i Kampala

1 Min Read
Imyidagaduro

CNN yashinjwe guhindura amashusho ya Diddy akubita Cassie bahoze bakundana

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?