BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jan 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Iyobokamana > Goma: Kiliziya gatolika yemeje ko ntarusengero rwayo rwasenywe cyangwa uwihaye Imana wabuze  ubuzima ubwo Goma yafatwaga na M23

Goma: Kiliziya gatolika yemeje ko ntarusengero rwayo rwasenywe cyangwa uwihaye Imana wabuze  ubuzima ubwo Goma yafatwaga na M23

sam
Last updated: February 7, 2025 10:55 am
sam
Share
SHARE

Umwepiskopi wa Goma , Musenyeri Willy Ngumbi Ngengele, yatangaje ko nta kiliziya yasenywe mu gihe cy ‘imirwano cyangwa abihayimana baguye mu mirwano yabereye i Goma yasize uyu Mujyi utuwe n’abagera kuri Miliyoni ebyiri, wigaruriwe n’umutwe wa M23.

Myr Ngumbi kandi yatangaje ko Ingo ebyiri z’Abihayimana ari zo zangijwe n’Amasasu.

Hashize iminsi irenga 9 umutwe wa M23 wigaruriye umu jyiwa Goma nyuma yo kuwirukanamo ingabo za FARDC, zifatanyije na Wazalendo, FDLR, SADC ,Abacancuro b’Abazungu n’ Abarundi bamwe bagahungira mu Rwanda .

Amakuru avuga ko uyu mujyi wapfiriyemo abasirikare ba FARDC n’Abazalendo bagera ku 3000 , gusa leta ya Kinshasa yo ivuga ko iyi mirambo ari iy’abaturage bishwe n’amasasu y’barwanyi b’impande zari zihanganye.

Kugeza ubu abaturage bishimiye ifatwa ry’uyu mujyi ndetse M23 yamaze gushyiraho abayobozi barimo guverineri w’intara ya Kivu y’Amajyaruguru , umujyi wa Gomo ndetse n’uduce tuyikikije .

Ku wa 6 Gashyantare AFC/M23 yakoze inama n’abaturage yo kwerekaniramo aba bayobozi , basabwa kudahagarara kugeza bafashe i Kinshasa .

Umujyi wa Goma kuri ubu urimo abasirikare ba SADC batarabona uburyo bwo kuva muri uyu mujyi nyuma y’uko batsinzwe bakemera kudakomeza imirwano.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umwaka wa 2025 waciye agahigo mu bushyuhe bukabije

Abashakashatsi ku mihindagurikire y’ibihe bemeje ko umwaka wa 2025 waciye agahigo ko…

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

Perezida Kagame yakiriye impapuro zemerera ba ambasaderi babiri bashya guhagararira ibihugu byabo…

U Rwanda rwoherereje Jamaica abasirikare bo kuyifasha gusana ibyangijwe n’ibiza 

Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’abasirikare bazafasha iki gihugu gusana ibikorwaremezo byangijwe…

Uganda: Imyiteguro y’amatora irarimbanyije, umutekano wakajijwe mu mijyi yose

Iminsi irabarirwa ku ntoki muri Uganda mbere y’amatora rusange yo ku itariki…

Perezida Tshisekedi yasuye Gnassingbé

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, yagiriye uruzinduko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

U Budage: Umuforomo yishe abarwayi agamije kwiyorohereza akazi

2 Min Read
Mu mahanga

Tanzania: Igipolisi cyatangiye gusenyera impunzi z’Abarundi mu nkambi

1 Min Read
Iyobokamana

Rusizi: Kiliziya Gatolika yashyize ibuye ry’ifatizo ahagiye kubakwa Ingoro y’ubumwe n’ubwiyunge

3 Min Read
Mu mahanga

Kinshasa: Abakekwaho ubujura barenga ibihumbi 7 bafunzwe

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?