BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Nov 4, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru zindi > Umujyi wa Kigali wasobanuye iby’ubutumwa busaba koza amapine y’imodoka mbere yo kwijira muri kaburimbo.

Umujyi wa Kigali wasobanuye iby’ubutumwa busaba koza amapine y’imodoka mbere yo kwijira muri kaburimbo.

Patrick Maisha
Last updated: April 19, 2024 3:04 pm
Patrick Maisha
Share
SHARE

Ku wa 19 Mata 2024, umujyi wa Kigali wanyujije ku rubuga rwa X ubutumwa busobanura ubwo wari watanzeho mbere bubwira abatwara imodoka kubanza koza imodoka amapine mbere yo kwinjira muri kaburimbo.

Ubwo butumwa bwa mbere bwari bwavugishije abatari bake harimo n’abakora umwuga w’itangazamakuru babaza aho bazogereza amapine y’imodoka zabo zica mu mihanda y’ibitaka.

Ni ubutumwa bwagiraga buti: “ Umujyi wa Kigali uributsa abantu bose ko bibujijwe kwanduza umuhanda . Ibi bireba umuntu ku giti cye , abafite ibikorwa by’ubwubatsi, aho imodoka zinjira cyangwa ziva kuri Chantier , n’ahandi”.

Bongeyeho kandi ko imodoka zigomba gusukurwa amapine igihe zigiye kwinjira muri kaburimbo.

Umujyi wa Kigali mu butumwa bushya wasobanuye ko ubu butumwa yatanze bwarebaga cyane cyane imodoka zikora ubwubatsi zitwara igitaka , imicanga, zikarenza urugero bikagenda bimeneka mu muhanda bikawanduza.

Umujyi wa Kigali waburiye abatwara izo  modoka z’ubwatsi ko zigomba kugenda zitwikiriye neza zikirinda kumena ibyo zihetse , uvuga ko ufatiwe muri iryo kosa  ahanwa  hakurikijwe itegeko No 48/2018 ryo ku wa 13/08/2018 rigenga ibidukikije.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Barushimusi b’amahembe y’inzovu bacakiwe batarayagurisha ku mugabane wa Asia

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho gucuruza amahembe…

Trump yahamije ko iminsi ya Maduro iri kubarirwa ku ntoki

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko adatekereza…

Samia Suluhu agiye kurahirira kongera kuyobora Tanzania

Kuri uyu wa 3 Ugushyingo 2025 Perezida watorewe kuyobora Tanzania Samia Suluhu…

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

Umuhuzabikora w’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille…

Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda gushaka kwiyomekaho Uburasirazuba bw’igihugu cye

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi, Félix Antoine Tshisekedi, yongeye gukora u Rwanda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Inkuru zindi

DRC : Umusirikare wa FARDC yasabiwe igihano cy’imyaka 10 azira amafoto yasakaye ku karubanda asomana n’umukunzi we

2 Min Read
Inkuru zindi

RDC: Imiryango y’ababuriye ababo mu mpanuka y’ubwato yigaragambije

2 Min Read
Inkuru zindi

DRC: Perezida Tshisekedi yategetse iperereza ku mpanuka y’ubwato

2 Min Read
Inkuru zindi

Barafinda Sekikubo yongeye gutanga kandidatire ku mwanya wa perezida

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?