BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jan 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Aziya > UPDATE: Igitero ku butaka bwa Israel cyaguyemo abantu 7

UPDATE: Igitero ku butaka bwa Israel cyaguyemo abantu 7

admin
Last updated: January 27, 2023 10:58 pm
admin
Share
SHARE

Abantu 7 byemejwe ko bishwe mu gitero cyabereye ku rusengero mu Burasirazuba bwa Jerusalem, abandi bakomeretse.

Uwakoze igitero yahise araswa

Iki gitero cyabaye mu gace kitwa Neve Yaakov ahagana ku isaha ya saa 20h15 ku isaha y’i Kigali.

Abashinzwe ubutabazi muri Israel bavuze ko abantu 10 bagizweho ingaruka n’iki gitero, muri bo bamwe bakomeretse bikabije.

Polisi ya Israel ivuga ko uwakoze kiriya gitero yiciwe aho ubwo yahagarikwaga ahunze akarasa ku bapolisi.

Abashinzwe umutekano bavuga ko iki gitero ari icy’iterabwoba.

Muri Gaza ho abantu bakoze ibirori byo kwishimira ko mugenzi wabo yahoreye abanya-Palestine 9 bishwe ku wa Kane n’ingabo za Israel.

Barashe mu kirere ibishashi, ndetse imodoka zizenguruka umujyi zivuza amahoni.

BBC ndetse n’ibindi binyamakuru bivuga ko abantu 7 ari bo bapfuye.

Muri Gaza abanya-Pelestine bakoze ibirori bishimira kiriya gitero

America yamaganye iki gitero, Umuvugizi wa Deparitema ya Leta, Vedant Patel, yavuze ko bifatanyije na Israel.

Ku wa Kane ingabo za Israel zagabye igitero mu gace k’abanya-Palestine kigwamo abantu 9, barimo abasivile n’abarwanyi ba Hamas.

Igitero cyabereye Jenin mu gace Israel yafashe kitwa West Bank.

Abanya-Palestine barashe ibisasu bya rocket kuri Israel, ariko Israel ivuga ko yabirashe bikiri mu kirere.

Nyuma Israel yahise igaba ibitero by’indege mu gace ka Gaza.

Alqam Khairi ni we bavuga ko yakoze kiriya gitero

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umwaka wa 2025 waciye agahigo mu bushyuhe bukabije

Abashakashatsi ku mihindagurikire y’ibihe bemeje ko umwaka wa 2025 waciye agahigo ko…

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

Perezida Kagame yakiriye impapuro zemerera ba ambasaderi babiri bashya guhagararira ibihugu byabo…

U Rwanda rwoherereje Jamaica abasirikare bo kuyifasha gusana ibyangijwe n’ibiza 

Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’abasirikare bazafasha iki gihugu gusana ibikorwaremezo byangijwe…

Uganda: Imyiteguro y’amatora irarimbanyije, umutekano wakajijwe mu mijyi yose

Iminsi irabarirwa ku ntoki muri Uganda mbere y’amatora rusange yo ku itariki…

Perezida Tshisekedi yasuye Gnassingbé

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, yagiriye uruzinduko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

U Budage: Umuforomo yishe abarwayi agamije kwiyorohereza akazi

2 Min Read
Mu mahanga

Tanzania: Igipolisi cyatangiye gusenyera impunzi z’Abarundi mu nkambi

1 Min Read
Mu mahanga

Kinshasa: Abakekwaho ubujura barenga ibihumbi 7 bafunzwe

1 Min Read
Mu mahanga

U Bufaransa: Abantu 10 bakatiwe n’urukiko bazira kwibasira umugore wa Perezida

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?