BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Amerika > Abavandimwe bahungabanyije Canada umwe yasanzwe yapfuye

Abavandimwe bahungabanyije Canada umwe yasanzwe yapfuye

admin
Last updated: September 6, 2022 12:49 pm
admin
Share
SHARE

Polisi yo muri Canada yatangaje ko yobonye umurambo w’umwe mu bavandimwe bashakishwa nyuma yo guteragura abantu ibyuma bamwe bagapfa abandi bagakomereka.

Damien Sanderson yasanzwe yapfuye (ni uri ibumoso)

Ubu bwicanyi bwateye ubwoba Canada yose bwabaye ku Cyumweru mu ntara ya Saskatchewan.

Abavandimwe babiri bagendaga batera ibyuma abantu hapfa 10 abandi 18 barakomereka.

Umupolisi yavuze ko uwapfuye witwa Damien Sanderson, w’imyaka 31, yari afite ibikomere ariko bigaragara ko atari we wabyiteye, gusa nta yandi makuru yatanze.

Yasanzwe ahitwa James Smith Cree Nation, agace abagiye baterwa ibyuma batuyemo kandi bakaba ari bakavukire ba kera baho.

Myles Sanderson umuvandimwe w’uyu Damien Sanderson we akomeje kwihisha, ndetse Polisi yasabye abaturage kumwirinda kuko ari umuntu “ushobora gushyira mu kaga ubuzima bw’abandi”.

Polisi iri kugenza ibyaha 13 bijyanye no gutera abantu ibyuma.

Ntabwo haramenyekana impamvu yatumye bariya bavandimwe bashinjwa ubwicanyi bakora biriya, dore ko umwe atarafatwa.

Polisi ivuga ko Myles Sanderson ugishakishwa na we afite ibikomere ndetse ashobora gukenera kujya kwivuza, cyakora nk’uko BBC ibivuga ntabwo Polisi yavuze niba ari we wishe umuvandimwe we.

Myles Sanderson, Polisi ivuga ko yari isanzwe imuzi, ikavuga ko ari umuntu wakunze gukora ibyaha igihe kirekire.

BBC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Amerika

Thailand na Cambodia bemeranyije guhagarika imirwo

2 Min Read
Mu mahanga

Hagiye kuba inama Yiga Uko Isi Yose Yakwemera Leta Ya Palestine nk’igihugu

3 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yanenze Radio Okapi n’ibindi bitangazamakuru bibogamira ku nkuru ziyisebya 

3 Min Read
Mu mahanga

Nigeria yiyongereye mu bihugu byifuza kwakira Formula One

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?