BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Muri AS Kigali y’abagore kabaye! Abayobozi basubiranyemo

Muri AS Kigali y’abagore kabaye! Abayobozi basubiranyemo

admin
Last updated: January 11, 2023 12:54 pm
admin
Share
SHARE

Mu buyobozi bwa AS Kigali Women Football Club, bararebana ay’ingwe nyuma yo kuba hari ibyemezo bifatwa na Visi Perezida w’ikipe ariko Perezida w’ikipe atabizi nta n’uruhare yabigizemo.

Abayobozi ba AS Kigali WFC bakomeje kurebana ay’ingwe!

Kuva iyi kipe yakubuka mu marushanwa Nyafurika ahuza amakipe yabaye aya mbere iwa yo yabereye muri Tanzania, hakomeje kugaragaramo umwuka mubi urimo kudahuza kwa hato na hato mu buyobozi bw’iyi kipe.

Uyu mwuka wakomeje gututumba ndetse bituma abayobozi bwa AS Kigali WFC, bakomeza kubana bishishanya binagira ingaruka mbi ku bakozi b’ikipe batinze guhembwa.

Uku kudahuza mu bayobozi, ahanini kwakunze kugaragara hagati y’umuyobozi w’ikipe, Twizeyeyezu Marie Josée na Visi perezida we, Ngenzi Shiraniro Jean Paul bivugwa ko akomeje gufata ibyemezo abo bakorana batabizi.

Abatoza baherutse guhambirizwa, umuyobozi w’ikipe atabizi:

Mu minsi ishize, Visi Perezida wa AS Kigali WFC, Shiraniro Jean Paul yafashe icyemezo cyo kwandikira abari abatoza batatu b’iyi kipe abamenyesha ko batazongererwa amasezerano ariko abikora umukuriye atabizi.

Abo batoza bahawe amabaruwa n’uyu visi perezida, ni Sogonya Hamiss Cyishi wari umutoza mukuru, Safari Mustafa Jean Marie Vianney wari umutoza w’abanyezamu na Saida wari ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi.

Ibi bikimara kuba, umuyobozi w’ikipe, Twizeyeyezu Marie Josée yahakanye ko byakozwe atabizi ndetse kugeza ubu ntabwo we yemera ko abatoza bahari ari bo bazagumana inshingano zo gutoza ikipe.

Mu rwego rwo gukomeza kuvuguruzanya, Twizeyeyezu aherutse kubwira UMUSEKE ko ikipe ya AS Kigali WFC nta mutoza mukuru ifite n’ubwo iri gutoza na Théogenie na Mubumbyi Igor umwungirije.

Yagize ati “Yego nta mukuru dufite. Ikipe iratozwa n’usanzwe yungirije afatanyije n’ushinzwe kuzamura impano z’abana. Tuzazana umutoza mukuru mu minsi iri imbere”

Ibi birahita bivuguruza neza ibyo Visi perezida we, Ngenzi Shiraniro Jean Paul, yakoze byo gushyiraho itsinda ry’abatoza bafite ikipe kugeza ubu.

Twizeyeyezu Marie Josée, yasimbuye Teddy Gacinya. Abandi bafatanyije ni Ngenzi Shiraniro Jean Paul wagizwe Visi Perezida, Mbabazi Claire wagizwe Umunyamabanga Mukuru mu gihe Gakwaya Djuma Halufane yatorewe kuba Umubitsi w’iyi kipe. Undi watowe ni Bayingana Innocent wagizwe Umujyanama mu bya Tekinike.

Umuyobozi wa AS Kigali WFC, Twizeyeyezu Marie Josée  yavuguruje Visi Perezida we, Ngenzi Shiraniro Jean Paul

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Minisiteri ya Siporo yateye utwatsi ibinyoma by’uko yahagaritse amatora ya FERWAFA

2 Min Read
Imikino

AS Kigali yungutse umutoza mushya

1 Min Read
Imikino

Yanga SC yitegura Rayon Sports yabonye umutoza mushya

2 Min Read
Imikino

Perezida wa AS Kigali agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?