BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Mar 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Dr. Kalinda uheruka kwinjira muri Sena ni na we utorewe kuyiyobora

Dr. Kalinda uheruka kwinjira muri Sena ni na we utorewe kuyiyobora

admin
Last updated: January 9, 2023 4:01 pm
admin
Share
SHARE

Sena y’u Rwanda yabonye Perezida mushya usimbuye Dr Augustin Iyamuremye weguye, ni Dr. Kalinda Francois Xavier watowe akimara kurahirira kuba Umusenateri.

Dr. Kalinda Francois Xavier ni we Perezida wa Sena mushya (Photo Parliament)

Ni mu muhango wabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 9 Mutarama 2023, mu ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko ku Kimihurura, mu muhango wari uyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame.

Inteko itora ikaba yari igizwe n’abasenateri 26, aho Senateri Dr. Kalinda Francois Xavier yatowe ku bwiganze burunduye maze agira amajwi 26 kuri 26 y’abari bagize intego itora.

Senateri Dr. Kalinda Francois Xavier, nyuma yo gutorwa akaba yijeje umukuru w’igihugu ko azuzuza inshingano ahawe, ndetse ashima abasenateri bamugiriye icyizere, abizeza kuzakorera abanyarwanda bose.

Uwari uyoboye Sena y’u Rwanda by’Agateganyo, Nyirasafari Esperance akaba ariwe wabanje gufata ijambo, aho yamamaje Senateri Dr. Kalinda Francois Xavier, naho Senateri Umuhire we nyuma yo kwamamazwa akaba yahise avuga ko ahariye Dr. Kalinda.

Nyirasafari Esperance akaba yamamaje Dr. Kalinda Francois Xavier avuga ko ari impuguke mu mategeko, afite ubunararibonye nk’uwabaye mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, ndetse aba umwarimu wa benshi mubagize Sena y’u Rwanda.

Dr Francois Xavier Kalinda yaboneye izuba mu Murenge wa Kitabi mu Karere ka Nyamagabe, afite impamyabushobozi y’ikirenga mu by’amategeko y;ubucuruzi yavanye muri Kaminuza ya Ottawa muri Canada.

Dr Kalinda yabaye umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba asimbuye Depite Celestin Kabahizi weguye, kuva mu mwaka w’ 2015. Kuri ubu yari umwe mu bagize urwego rwa Kaminuza rushinzwe imyigire n’imyigishirize, dore ko yanabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda igihe kitari gito mu ishami ry’amategeko.

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Rebero Jeremy says:
    January 12, 2023 at 9:21 am

    Sena imaze iki? Igizwe n’abantu ki? Abasenateri bahagarariye nde? Ese irakenewe mu gihugu cyacu? Muri make, abanyarwanda benshi bafite ibibazo byinshi kuri Sena. Icyambere: Sena igizwe n’abantu hafi ya bose bashyirwaho n’ishyaka RPF. Perezida ku giti cye ashyiraho abasenateri 8. Icyagatatu cy’inteko! Abitwa ko batorwa nabo bagomba kwemezwa na FPR. Nta na limwe habaho ipiganywa lisesuye. Ibi rero biza kukibazo cy’uwo abasenateri bahagarariye. Niba badatorwa n’abaturage, babahagararira gute? Bivuze ko abasenateri bahagarariye ubashyiraho. Ikibazo gishya ni ukuntu Perezida wa Sena ajyaho. Byose bica mu itekinika lyoretse igihugu. Ni gute kuva Sena yabaho hatorwa abasenateri batigeze batorwa ngo abe aribo bayobora inteko? Haba ubwigenge bwa Sena bute mu gihe itegekwa n’abashyizweho na Executive? Ese ubundi nta senateri w’inararibonye watorwa? Twibaze!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?