BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Ingabo za Congo zasakiranye n’ibyihebe bya ADF

Ingabo za Congo zasakiranye n’ibyihebe bya ADF

admin
Last updated: January 9, 2023 10:28 am
admin
Share
SHARE

Mu mirwano yabaye tariki 7 na 8 Mutarama 2023, hagati y’igisirikare cya Leta ya Congo, FARDC n’ibyihebe bya ADF, mu gace ka Luna Kabrique na Mambelenga ,muri Teritwari ya Ituri muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, yaguyemo abantu bane abandi benshi barashimutwa.

FARDC yahanganye na ADF mu mirwano ikaze

Amakuru atangwa n’inzego z’ibanze zo muri Congo avuga ko igisirikare cya Congo, FARDC gifatanyije n’icya Uganda UPDF, bahanganye bikomeye mu gihe cy’iminsi itatu na ADF ku musozi wa Katabeyi na Ndalia mu Burasirazuba bwa Congo.

Amakuru avuga kandi ku mugoroba wo kuwa Gatandatu, ADF ifatanyije na Mai Mai barwanye na FARDC mu gace ka Kabrique mu gice cy’Iburengerazuba, bica abaturage babiri n’umusirikare umwe abandi benshi barakomereka nk’uko umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu CRDH ubitangaza.

Abakomeretse bajyanywe kuvurizwa ku ivuriro riri Erengeti mu ntara ya Kivu ya Ruguru.

Uburasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo bukomeje kuba indiri y’imitwe yitwaje intwaro, aho kuri ubu habarizwa imitwe irenga 100.

Allied Democratic Movement, ADF yakozanyijeho na FRDC, ni umutwe urwanya Leta ya Uganda ariko ukorera mu mashyamba ya Congo.

Uharanira gukuraho ubutegetsi bwa Perezida Yoweri Museveni kugira ngo ushyireho Leta igendera ku mahame ya Islam.

Uyu mutwe wavutse nyuma yo kwihuza kw’indi itandukanye irimo Allied Democratic Movement, National Army for the Liberation of Uganda (NALU) na Uganda Muslim Liberation Army.

TUYISHIMIRR RAYMOND / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Uganda igiye gukomorera Facebook nyuma y’imyaka 5 ifunzwe 

2 Min Read
Mu mahanga

Gisagara: Abantu batatu bafunzwe bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi

1 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?