BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Umusirikare wa Uganda yarashe bagenzi be

Umusirikare wa Uganda yarashe bagenzi be

admin
Last updated: January 3, 2023 8:12 pm
admin
Share
SHARE

Hatangiye iperereza ku cyateye umusirikare wa Uganda uri mu butumwa bw’amahoro muri Somalia (African Union Transition Mission in Somalia, Atmis) kurasa bagenzi be batatu akabahitana.

Umusirikare wa Uganda (Internet photo)

Iki gikorwa cyabaye ku wa Mbere cy’iki Cyumweru mu gitondo, i Mogadishu.

Umusirikare wa Uganda yarashe bagenzi be bari ku cyicaro cy’ingabo zabo.

Umuvugizi w’igisirikare cya Uganda, Felix Kulaigye, yemereye BBC ko kiriya gikorwa cyabayeho, ndetse avuga ko uwo musirikare warashe bagenzi be yafashwe.

Felix Kulaigye yavuze ko uriya musirikare yafashwe n’umujinya ahita arasa mugenzi we mu gatuza.

Abasirikare ngo babanje gukeka ko batewe, nibwo undi musirikare wagiye kureba ibibaye, uyu yahise amurasa amasasu atatu mu mutwe.

Undi musirikare yarashwe mu mugongo agerageza guhunga.

Kurasa byaje guhoshwa n’uko hari umusirikare waturutse inyuma uriya warasaga amwambura imbunda.

Nibwo bwa mbere abasirikare ba Uganda barasanye mu gihe kirekire bamaze muri Somalia.

Mu mwaka wa 2019 ariko hari umusirikare ufite ipeti rya Captain mu ngabo za Uganda, warashe mugenzi we, na we ahita yirasa.

BBC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Uganda igiye gukomorera Facebook nyuma y’imyaka 5 ifunzwe 

2 Min Read
Mu mahanga

Gisagara: Abantu batatu bafunzwe bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi

1 Min Read
Mu mahanga

Muyaya yise intambara yo mu Burasirazuba bwa RDC akantu gato ku gihugu

1 Min Read
Mu mahanga

Ethiopia: Ikirunga cyarutse nyuma y’imyaka ibihumbi 12 gisinziriye 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?